BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ingabo z’u Rwanda zatangiye kwambara amapeti mu gituza

Ingabo z’u Rwanda zatangiye kwambara amapeti mu gituza

admin
Last updated: January 9, 2023 1:49 pm
admin
Share
SHARE
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zavuguruye uburyo bwo kwambara amapeti ku myambaro isanzwe, aho kwambarwa ku ntugu akazajya yambarwa mu gituza. 
Amapeti mu gisirikare cy’u Rwanda yatangiye kwambarwa mu gituza

Ni amavugurura yatangajwe na RDF kuri uyu wa Mbere, tariki 9 Mutarama 2023, aho abasirikare bo ku rwego rwa Ofisiye n’abato imyambaro yabo y’akazi ko gucunga umutekano no ku rugamba bazajya bambara amapeti mu gituza.

Izi mpinduka mu myambarire yamapeti kuri ba Ofisiye n’abasirikare bato ntabwo ireba imyambaro y’akazi yagenewe kwambarwa mu birori cyangwa mu biro, kuko ho bazakomeza kwambara amapeti ku ntugu.

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Brig Gen Ronald Rwivanga yabwiye UMUSEKE ko ari “Mu rwego rwo guhindura imyambarire.”

Abasirikare bo ku rwego rwa Ofisiye bambaraga amapeti ku ntugu zombi, nabo ku rwego rw’abasirikare bato bambaraga ipeti mu ibara ry’umuhondo cyangwa ubururu bw’ikirere ku ngabo zirwanira mu kirere baryambaraga ku rutugu rw’iburyo, aba bose ryimuriwe mu gituza ku gitambaro cy’icyatsi.

Aya mavugurura mu myambarire y’amapeti mu ngabo z’u Rwanda, akaba ahura neza nuko ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza Bambara amapeti.

Abo mu cyiciro cya Ofise nabo bazajya bayambara mu gituza
Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Ronald Rwivanga avuga ko amapeti azajya yambarwa ku ntugu ku myenda yo mu biro

NKURUNZIZA JEAN BAPTISTE / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?