BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kamonyi: Umugabo w’imyaka 36 yasanzwe mu mugozi

Kamonyi: Umugabo w’imyaka 36 yasanzwe mu mugozi

admin
Last updated: January 6, 2023 3:22 pm
admin
Share
SHARE

Tuyizere Eric w’Imyaka 36 y’amavuko bamusanze mu rugo iwe  mu mugozi anagana, bikekwa ko yiyahuye.

Kamonyi ni aho mu ibara ritukura cyane

Uyu mugabo yari atuye mu Mudugudu wa Buramba, mu Kagari ka Busoro mu Murenge wa Kayumbu Akarere ka Kamonyi, abo mu Muryango we ndetse n’Inzego z’Ibanze basanze yimanitse mu mugozi.

Umunyamabanga Nsingwabikorwa w’Umurenge wa Kayumbu, Minani Jean Paul avuga ko taliki ya 05 Mutarama, 2023  ahagana saa moya z’ijoro aribwo  basanze Tuyizere Eric amanitse mu mugozi.

Umuryango we ngo wahoraga mu makimbirane ashingiye ku businzi, kuko uyu Tuyizere Eric yatahaga yasinze agakimbirana n’umugore we buri gihe.

Yagize ati: “Batonganye n’umugore we ejo bundi biba ngombwa ko yahukanira iwabo.”

Gitifu Minani avuga ko mbere y’uko  uyu mugabo yiyahura, yabanje gufata abana be abohoreza kwa Nyirakuru asubira iwe mu rugo ahita yiyahura.

Yavuze ko  nta kindi kibazo usibye usibye ayo makimbirane ashingiye ku businzi.

Ati: “Nta kintu cyatuma umuntu afata icyemezo cyo kwivutsa ubuzima kuko burahenze.”

Minani yasabye abaturage kwirinda amakimbirane kuko akenshi usanga akunze kuba intandaro z’imfu zivugwa mu miryango.

Uyu Muyobozi yihanganishije umuryango wa nyakwigendera awusaba  gukomera.

Tuyizere Eric asize abana 2 n’umugore. Umurambo we wajyanywe mu Bitaro bya Remera Rukoma kugira ngo ukorerwe isuzuma mbere yuko ushyingurwa.

MUHIZI ELISÉE UMUSEKE.RW/Kamonyi.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Edouard says:
    January 7, 2023 at 12:40 am

    Gusinda ni kimwe,kwiyahura ni kindi amakimbirane ashingiye kubusinzi ntabwo byumvikana,ese nyira mama wanjye we bite gusiga umugabo nabana ngo kubera ubusinzi?umugabo yabonye bimurenze yohereza abana kwa nyirakuru ubundi aca ushene, so ba gore abo bugabo ni impano Imana yabahaye muzabazwa,namwe bagabo niko bimeze abo badamu ni Impano muzabazwa iyo bitabaye impano biba ishuri,umusaraba nukundi wabyita ariko nabyo iherezo ni urubanza,so abagabo akenshi barahohoterewa ariko kubera umuco nyarwanda bakicecekera wenda izonzoga zamufashaga gusinzira kuko mu nkuru nta kibi kindi numvisemo??tugerageze kubana neza nabagenzi baci nkuko urwanda rwahoze twe kugurukana nibiguruka.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?