BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ndege y’intambara ya Congo yuruvogereye

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ndege y’intambara ya Congo yuruvogereye

admin
Last updated: December 28, 2022 9:07 pm
admin
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo ryo kwamagana igikorwa cy’ubushotoranyi, ivuga ko cyakozwe n’indege y’intambara ya Congo Kinshasa, mu mazi y’ikiyaga cya Kivu.

Congo ikoresha indege za kera zitwa Sukhoi-25 zakorewe muri Leta z’Abasoviyete

Indege yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 y’ingabo za Congo, ku manywa kuri uyu wa Gatatu, yavogereye ikirere cy’u Rwanda ndetse ababibonye babwiye UMUSEKE ko ingabo z’u Rwanda zirwanira mu mazi zayerekejeho amasasu mu rwego rwo gutanga gasopo.

Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda rivuga ko kiriya gikorwa cyabaye ahagana saa sita z’amanywa (12h00 p.m), ariko ngo iriya ndege yahise isubira muri Congo.

U Rwanda ruvuga ko rwongeye kwamagana kuvogera ikirere cyarwo bikozwe n’indege z’intambara z’igisirikare cya Congo.

Guverinoma y’u Rwanda yibutsa ko igikorwa cyo kuri uyu wa Gatatu, n’ubundi kiri mu bundi bushotoranyi busa na bwo bwabaye tariki 07 Ugushyingo, 2022, na bwo indege ya buriya bwoko bwa Sukhoi-25 yavogereye ikirere cy’u Rwanda “ndetse igwa ku kibuga cy’indege cy’i Rubavu” nyuma isubira muri Congo.

U Rwanda rukavuga ko ubu bushotoranyi bunyuranije n’ibyemejwe mu biganiro by’i Luanda n’inzira ya Nairobi byose bigamije gukemura ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi mu mahoro.

Itangazo rivuga ko Ubuyobozi bwo muri Congo, bugendera ku birego bya bamwe mu bayobozi ku isi (international community) bashinja u Rwanda ku kantu kose n’ibibazo biri muri Congo, ariko bakirengagiza ubushotoranyi bukorwa na Congo.

U Rwanda rusaba ko ubwo bushotoranyi buhagarara.

Indege y’intambara yinjiye mu Rwanda bayerekezaho amasasu (Audio)

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?