BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Riderman azatangirira Noheli ku mazi y’i Karongi n’abafana be ‘Ibisumizi’

Riderman azatangirira Noheli ku mazi y’i Karongi n’abafana be ‘Ibisumizi’

admin
Last updated: December 21, 2022 3:39 pm
admin
Share
SHARE

Umuraperi Riderman yateguye igitaramo cyo kuzifatanya n’abafana be ku munsi mukuru wa Noheli kizabera mu ntara y’Iburengerazuba mu karere ka Karongi ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu.

Kuri Noheli Riderman azaba ari gutaramira muri Karongi

Ni igitaramo yise ‘Christmas Party with Riderman’ kizaba ku mugoroba wo kuwa 24 Ukuboza 2022 guhera ku isaha ya saa kumi n’ebyiri kibere ahitwa Carnival Beach.

Riderman azafatanya n’abarimo Dj Theo uzavanga umuziki hamwe n’abashyushyarugamba barimo Mc Musebeyi na Kasumari mu gususurutsa abakunzi b’ibisumizi kugeza mu gitondo.

Dj Theo umwe mu bakuriye Ibisumizi aganira na Umuseke yavuze ko impamvu bahisemo kujya gukorera mu ntara ari uko mu minsi mikuru usanga abahanzi bakomeye bibanda mu mujyi wa Kigali gusa bakirengagiza n’abatuye kure kandi nabo baba bakeneye kwidagadura.

Ati “Karongi ni umujyi mwiza uri gutera imbere twahisemo kujya gusangira Noheli n’abahatuye kuko nabo bakunda kwidagadura ikindi kandi hakaba ari n’ahantu heza wasohokana n’umuryango wawe mu minsi mikuru.”

Akomeza avuga ko ari n’umwihariko ku bafana ba Riderman batuye mu ntara y’Iburengerazuba kuko bazaba bashyizwe igorora bari gutaramana n’umuhanzi wabo dore ko ari inshuro nke amaze kuharirimbira.

Kwinjira muri icyo gitaramo kizabera ku mucanga uri mu nkengero z’ikiyaga cya Kivu bizaba ari ukugura icyo kunywa gusa.

Iki gitaramo kizabera mu nkengero z’ikiyaga cya Kivu

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Urubanza rw’abakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano atera akabariro rwasubitswe

2 Min Read
Imyidagaduro

Abambere basakaje amashusho ya Yampano bagejejwe imbere y’urukiko

2 Min Read
Imyidagaduro

Abarimo Djihad batawe muri yombi kubera gukwirakwiza amashusho ya Yampano ari gukora imibonano mpuzabitsina

2 Min Read
Imyidagaduro

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?