BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Riderman azatangirira Noheli ku mazi y’i Karongi n’abafana be ‘Ibisumizi’

Riderman azatangirira Noheli ku mazi y’i Karongi n’abafana be ‘Ibisumizi’

admin
Last updated: December 21, 2022 3:39 pm
admin
Share
SHARE

Umuraperi Riderman yateguye igitaramo cyo kuzifatanya n’abafana be ku munsi mukuru wa Noheli kizabera mu ntara y’Iburengerazuba mu karere ka Karongi ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu.

Kuri Noheli Riderman azaba ari gutaramira muri Karongi

Ni igitaramo yise ‘Christmas Party with Riderman’ kizaba ku mugoroba wo kuwa 24 Ukuboza 2022 guhera ku isaha ya saa kumi n’ebyiri kibere ahitwa Carnival Beach.

Riderman azafatanya n’abarimo Dj Theo uzavanga umuziki hamwe n’abashyushyarugamba barimo Mc Musebeyi na Kasumari mu gususurutsa abakunzi b’ibisumizi kugeza mu gitondo.

Dj Theo umwe mu bakuriye Ibisumizi aganira na Umuseke yavuze ko impamvu bahisemo kujya gukorera mu ntara ari uko mu minsi mikuru usanga abahanzi bakomeye bibanda mu mujyi wa Kigali gusa bakirengagiza n’abatuye kure kandi nabo baba bakeneye kwidagadura.

Ati “Karongi ni umujyi mwiza uri gutera imbere twahisemo kujya gusangira Noheli n’abahatuye kuko nabo bakunda kwidagadura ikindi kandi hakaba ari n’ahantu heza wasohokana n’umuryango wawe mu minsi mikuru.”

Akomeza avuga ko ari n’umwihariko ku bafana ba Riderman batuye mu ntara y’Iburengerazuba kuko bazaba bashyizwe igorora bari gutaramana n’umuhanzi wabo dore ko ari inshuro nke amaze kuharirimbira.

Kwinjira muri icyo gitaramo kizabera ku mucanga uri mu nkengero z’ikiyaga cya Kivu bizaba ari ukugura icyo kunywa gusa.

Iki gitaramo kizabera mu nkengero z’ikiyaga cya Kivu

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Imyidagaduro

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?