BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Riderman azatangirira Noheli ku mazi y’i Karongi n’abafana be ‘Ibisumizi’

Riderman azatangirira Noheli ku mazi y’i Karongi n’abafana be ‘Ibisumizi’

admin
Last updated: December 21, 2022 3:39 pm
admin
Share
SHARE

Umuraperi Riderman yateguye igitaramo cyo kuzifatanya n’abafana be ku munsi mukuru wa Noheli kizabera mu ntara y’Iburengerazuba mu karere ka Karongi ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu.

Kuri Noheli Riderman azaba ari gutaramira muri Karongi

Ni igitaramo yise ‘Christmas Party with Riderman’ kizaba ku mugoroba wo kuwa 24 Ukuboza 2022 guhera ku isaha ya saa kumi n’ebyiri kibere ahitwa Carnival Beach.

Riderman azafatanya n’abarimo Dj Theo uzavanga umuziki hamwe n’abashyushyarugamba barimo Mc Musebeyi na Kasumari mu gususurutsa abakunzi b’ibisumizi kugeza mu gitondo.

Dj Theo umwe mu bakuriye Ibisumizi aganira na Umuseke yavuze ko impamvu bahisemo kujya gukorera mu ntara ari uko mu minsi mikuru usanga abahanzi bakomeye bibanda mu mujyi wa Kigali gusa bakirengagiza n’abatuye kure kandi nabo baba bakeneye kwidagadura.

Ati “Karongi ni umujyi mwiza uri gutera imbere twahisemo kujya gusangira Noheli n’abahatuye kuko nabo bakunda kwidagadura ikindi kandi hakaba ari n’ahantu heza wasohokana n’umuryango wawe mu minsi mikuru.”

Akomeza avuga ko ari n’umwihariko ku bafana ba Riderman batuye mu ntara y’Iburengerazuba kuko bazaba bashyizwe igorora bari gutaramana n’umuhanzi wabo dore ko ari inshuro nke amaze kuharirimbira.

Kwinjira muri icyo gitaramo kizabera ku mucanga uri mu nkengero z’ikiyaga cya Kivu bizaba ari ukugura icyo kunywa gusa.

Iki gitaramo kizabera mu nkengero z’ikiyaga cya Kivu

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Imyidagaduro

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

3 Min Read
Imyidagaduro

Bruce Melodie yerekeje muri Tanzania

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?