BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame ari i Doha ahatangira igikombe cy’Isi

Perezida Kagame ari i Doha ahatangira igikombe cy’Isi

admin
Last updated: November 20, 2022 1:50 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yageze Doha muri Qatar, aho yitabiriye ibirori byo gufungura ku mugaragaro igikombe cy’Isi cya 2022.

Perezida Kagame yageze Doha mu birori byo gufungura igikombe cy’Isi

Nk’uko tubikesha ibiro ntaramakuru bya Qatar (Qatar News Agency), mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki 20 Ugushyingo 2022, nibwo Perezida Kagame yageze Doha muri Qatar.

Perezida Paul Kagame akaba yakiriwe n’umuyobozi wa gahunda muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Qatar, Ibrahim bin Yousef Fakhro ari kumwe n’ambasaderi w’u Rwanda muri Qatar, Igor Marara Kayinamura.

Umukuru w’Igihugu n’abamuherekeje bakiriwe ku kibuga cy’indege cya Hamad International Airport, aho agomba kwifatanya n’abandi banyacyubahiro mu birori byo gufungura ku mugaragaro igikombe cy’Isi cya 2022, ibirori bibera kuri Sitade ya Al Bayt mu mukino ufungura igikombe cy’isi uhuza Qatar na Ecuador.

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame akaba asanzwe ari umukunzi wa ruhago, aho afana ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, gusa anakunda gukina imikino irimo Basketball na Tennis.

Si ubwa mbere Perezida Kagame yitabiriye ibirori byo gufungura igikombe cy’Isi, kuko igiheruka kubera mu Burusiya mu 2018 yari yabyitabiriye, ni igikombe cyatwawe n’u Bufaransa.

U Rwanda na Qatar basanganywe umubano uhamye ushingiye ku mikoranire mu ngeri zinyuranye, aho sosiyete y’ubwikorezi bwo mu kirere cya Rwandair ikorana bya hafi na Qatar Airways, ibi biniyongeraho kuba Qatar ifite uruhare mu iyubakwa ry’ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bugesera.

Abakunzi ba ruhago hirya no hino ku Isi bakaba bagiye kumara ukwezi kose amaso bayahanze sitade 8 zo mu mujyi wa Doha, birebera igikombe cy’Isi gihuza amakipe 32 y’ibihugu byiganjemo ibihangange mu mupira w’amaguru nk’u Bwongereza, Brazil, u Bufaransa, Spain, Argentine ya Lionel Messi na Portugal irangajwe imbere na Cristiano Ronaldo.

Ibitangaje kuri Stade 8 zizakira Igikombe cy’isi 2022 kizabera muri Qatar

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?