BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame ari i Doha ahatangira igikombe cy’Isi

Perezida Kagame ari i Doha ahatangira igikombe cy’Isi

admin
Last updated: November 20, 2022 1:50 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yageze Doha muri Qatar, aho yitabiriye ibirori byo gufungura ku mugaragaro igikombe cy’Isi cya 2022.

Perezida Kagame yageze Doha mu birori byo gufungura igikombe cy’Isi

Nk’uko tubikesha ibiro ntaramakuru bya Qatar (Qatar News Agency), mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki 20 Ugushyingo 2022, nibwo Perezida Kagame yageze Doha muri Qatar.

Perezida Paul Kagame akaba yakiriwe n’umuyobozi wa gahunda muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Qatar, Ibrahim bin Yousef Fakhro ari kumwe n’ambasaderi w’u Rwanda muri Qatar, Igor Marara Kayinamura.

Umukuru w’Igihugu n’abamuherekeje bakiriwe ku kibuga cy’indege cya Hamad International Airport, aho agomba kwifatanya n’abandi banyacyubahiro mu birori byo gufungura ku mugaragaro igikombe cy’Isi cya 2022, ibirori bibera kuri Sitade ya Al Bayt mu mukino ufungura igikombe cy’isi uhuza Qatar na Ecuador.

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame akaba asanzwe ari umukunzi wa ruhago, aho afana ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, gusa anakunda gukina imikino irimo Basketball na Tennis.

Si ubwa mbere Perezida Kagame yitabiriye ibirori byo gufungura igikombe cy’Isi, kuko igiheruka kubera mu Burusiya mu 2018 yari yabyitabiriye, ni igikombe cyatwawe n’u Bufaransa.

U Rwanda na Qatar basanganywe umubano uhamye ushingiye ku mikoranire mu ngeri zinyuranye, aho sosiyete y’ubwikorezi bwo mu kirere cya Rwandair ikorana bya hafi na Qatar Airways, ibi biniyongeraho kuba Qatar ifite uruhare mu iyubakwa ry’ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bugesera.

Abakunzi ba ruhago hirya no hino ku Isi bakaba bagiye kumara ukwezi kose amaso bayahanze sitade 8 zo mu mujyi wa Doha, birebera igikombe cy’Isi gihuza amakipe 32 y’ibihugu byiganjemo ibihangange mu mupira w’amaguru nk’u Bwongereza, Brazil, u Bufaransa, Spain, Argentine ya Lionel Messi na Portugal irangajwe imbere na Cristiano Ronaldo.

Ibitangaje kuri Stade 8 zizakira Igikombe cy’isi 2022 kizabera muri Qatar

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?