BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame ari i Doha ahatangira igikombe cy’Isi

Perezida Kagame ari i Doha ahatangira igikombe cy’Isi

admin
Last updated: November 20, 2022 1:50 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yageze Doha muri Qatar, aho yitabiriye ibirori byo gufungura ku mugaragaro igikombe cy’Isi cya 2022.

Perezida Kagame yageze Doha mu birori byo gufungura igikombe cy’Isi

Nk’uko tubikesha ibiro ntaramakuru bya Qatar (Qatar News Agency), mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki 20 Ugushyingo 2022, nibwo Perezida Kagame yageze Doha muri Qatar.

Perezida Paul Kagame akaba yakiriwe n’umuyobozi wa gahunda muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Qatar, Ibrahim bin Yousef Fakhro ari kumwe n’ambasaderi w’u Rwanda muri Qatar, Igor Marara Kayinamura.

Umukuru w’Igihugu n’abamuherekeje bakiriwe ku kibuga cy’indege cya Hamad International Airport, aho agomba kwifatanya n’abandi banyacyubahiro mu birori byo gufungura ku mugaragaro igikombe cy’Isi cya 2022, ibirori bibera kuri Sitade ya Al Bayt mu mukino ufungura igikombe cy’isi uhuza Qatar na Ecuador.

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame akaba asanzwe ari umukunzi wa ruhago, aho afana ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, gusa anakunda gukina imikino irimo Basketball na Tennis.

Si ubwa mbere Perezida Kagame yitabiriye ibirori byo gufungura igikombe cy’Isi, kuko igiheruka kubera mu Burusiya mu 2018 yari yabyitabiriye, ni igikombe cyatwawe n’u Bufaransa.

U Rwanda na Qatar basanganywe umubano uhamye ushingiye ku mikoranire mu ngeri zinyuranye, aho sosiyete y’ubwikorezi bwo mu kirere cya Rwandair ikorana bya hafi na Qatar Airways, ibi biniyongeraho kuba Qatar ifite uruhare mu iyubakwa ry’ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bugesera.

Abakunzi ba ruhago hirya no hino ku Isi bakaba bagiye kumara ukwezi kose amaso bayahanze sitade 8 zo mu mujyi wa Doha, birebera igikombe cy’Isi gihuza amakipe 32 y’ibihugu byiganjemo ibihangange mu mupira w’amaguru nk’u Bwongereza, Brazil, u Bufaransa, Spain, Argentine ya Lionel Messi na Portugal irangajwe imbere na Cristiano Ronaldo.

Ibitangaje kuri Stade 8 zizakira Igikombe cy’isi 2022 kizabera muri Qatar

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?