BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Krishna wamamaye mu Buhinde akina filime yapfuye

Krishna wamamaye mu Buhinde akina filime yapfuye

admin
Last updated: November 15, 2022 7:09 pm
admin
Share
SHARE

Rurangiranwa mu gukina, kwandika no kuyobora filime cyane cyane iz’impinde Ghattamaneni Siva Rama Krishna Murthy wamamaye nka Krishna yitabye Imana ku myaka 79 azize umutima.

Krishna yapfuye ku myaka 79

Ni inkuru yashenguye benshi ubwo urupfu rwe rwamenyekanaga kuri uyu wa Kabiri, tariki 15 Ugushyingo 2022, aho yapfuye azize indwara z’umutima.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru Indianexpress cyandikirwa mu Buhinde, kuri uyu wa Mbere, tariki 14 Ugushyingo nibwo Krishna yafashwe n’umutima yihutanwa kwa muganga mu ivuriro rimwe ryo mu mujyi wa Hyderabad, aho abaganga bakoze ibishoboka ngo batabare ubuzima bwe ariko biba iby’ubusa.

Krishna yari aherutse gupfusha umugore we wa mbere Indira Devi, aho yitabye Imana mu kwezi kwa Nzeri tariki 28, ni nyuma yo gupfusha umugore we wa kabiri mu 2019, nawe wari umukinnyikazi wa filime, Vijaya Nirmala.

Krishna yakinnye muri filime zirenga 350, nyinshi zakunzwe zirimo nka Gudachari 116, Lakshimi Nivasam, Manchi Kutumbam, Vichitra Kutumbam, Devadasu, Bhale Krishnudu na Guru Sishyulu.

Ibyamamare mu gukina filime cyane cyane mu Buhinde nka Rajinikanth, Nagarajuna, Kamal Haasan, Allu Arjun, Samantha Ruth Prabhu n’abandi ,bakaba bihanganishije umuryango mugari w’uruganda rwa cinema muri iki gihugu, nyuma yo gutakaza uwagize uruhare mu gushyira ibuye muri uru ruganda.

Umuhango wo gusezera kuri Krishna ukaba ukomeje kugeza kuri uyu wa 16 Ugushyingo, aho azasezerwaho bwa nyuma.

Krishina ni muntu ki?

Ghattamaneni Siva Rama Krishna Murthy wamamaye nka Krishna yavutse tariki 31 Gicurasi 1943, avukira Burri Palem mu Buhinde, yashakanye n’abagore babiri aribo Indira Devi na Vijaya Nirmala, yabyaye abana batanu, abazwi cyane ni Mahesh Babu, Ramesh Babu na Priyadarshini Ghattamaneni.

Akaba yari afite inzu itunganya filime izwi nka Telugu, mu 2009 akaba yarahawe igihembo n’u Buhinde kizwi nka Padma Bhushan kubera uruhare rwe mu guteza imbere uruganda rwa sinema.

Mu mwaka wa 1989 yatorewe kuba umwe mu bagize inteko ishinga amategeko ahagarariye ishyaka rye rya Congress,  mu 2008 nibwo yahawe impamyabumenyi y’ikirenga ya Doctorate muri kaminuza ya Andhra.

Abagore be bose barapfuye, aho Vijaya Nirmala yapfuye mu 2019, naho Indira Devi we niwe waherukaga kwitaba Imana kuwa 28 Nzeri 2022.

Filime ye yambere yamenyekanyemo cyane ni iyitwa Kula Gothralu yakinnyemo mu 1961, ubwo yari akiri umusore, mu myaka ibiri yakurikiyeho yakinnye mu zindi zakunzwe arizo Padandi Mundhuku na Paruvu Prathishta.

Umuhungu wa Krishna, Babu Ramesh atunganya filime, naho Mahesh Babu ni umwe mu bakinnyi ba mbere bahembwa agatubutse muri Telugu Cinema.

Ifoto Krishna yamamaye

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • ATHANASE says:
    November 15, 2022 at 7:32 pm

    YOOO!!!!birababaje.gusa .imana imwakire mubayo.

    Reply
  • SIBOMANA says:
    November 15, 2022 at 7:34 pm

    YOO!BIRABAJE.

    Reply
  • gaturika tuyizere mubi cane says:
    November 16, 2022 at 4:21 pm

    birababaje gusa imana imwacyire mubayo aruhukire mumahoro kandi imana imwakire mubayo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?