BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Aug 1, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Krishna wamamaye mu Buhinde akina filime yapfuye

Krishna wamamaye mu Buhinde akina filime yapfuye

admin
Last updated: November 15, 2022 7:09 pm
admin
Share
SHARE

Rurangiranwa mu gukina, kwandika no kuyobora filime cyane cyane iz’impinde Ghattamaneni Siva Rama Krishna Murthy wamamaye nka Krishna yitabye Imana ku myaka 79 azize umutima.

Krishna yapfuye ku myaka 79

Ni inkuru yashenguye benshi ubwo urupfu rwe rwamenyekanaga kuri uyu wa Kabiri, tariki 15 Ugushyingo 2022, aho yapfuye azize indwara z’umutima.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru Indianexpress cyandikirwa mu Buhinde, kuri uyu wa Mbere, tariki 14 Ugushyingo nibwo Krishna yafashwe n’umutima yihutanwa kwa muganga mu ivuriro rimwe ryo mu mujyi wa Hyderabad, aho abaganga bakoze ibishoboka ngo batabare ubuzima bwe ariko biba iby’ubusa.

Krishna yari aherutse gupfusha umugore we wa mbere Indira Devi, aho yitabye Imana mu kwezi kwa Nzeri tariki 28, ni nyuma yo gupfusha umugore we wa kabiri mu 2019, nawe wari umukinnyikazi wa filime, Vijaya Nirmala.

Krishna yakinnye muri filime zirenga 350, nyinshi zakunzwe zirimo nka Gudachari 116, Lakshimi Nivasam, Manchi Kutumbam, Vichitra Kutumbam, Devadasu, Bhale Krishnudu na Guru Sishyulu.

Ibyamamare mu gukina filime cyane cyane mu Buhinde nka Rajinikanth, Nagarajuna, Kamal Haasan, Allu Arjun, Samantha Ruth Prabhu n’abandi ,bakaba bihanganishije umuryango mugari w’uruganda rwa cinema muri iki gihugu, nyuma yo gutakaza uwagize uruhare mu gushyira ibuye muri uru ruganda.

Umuhango wo gusezera kuri Krishna ukaba ukomeje kugeza kuri uyu wa 16 Ugushyingo, aho azasezerwaho bwa nyuma.

Krishina ni muntu ki?

Ghattamaneni Siva Rama Krishna Murthy wamamaye nka Krishna yavutse tariki 31 Gicurasi 1943, avukira Burri Palem mu Buhinde, yashakanye n’abagore babiri aribo Indira Devi na Vijaya Nirmala, yabyaye abana batanu, abazwi cyane ni Mahesh Babu, Ramesh Babu na Priyadarshini Ghattamaneni.

Akaba yari afite inzu itunganya filime izwi nka Telugu, mu 2009 akaba yarahawe igihembo n’u Buhinde kizwi nka Padma Bhushan kubera uruhare rwe mu guteza imbere uruganda rwa sinema.

Mu mwaka wa 1989 yatorewe kuba umwe mu bagize inteko ishinga amategeko ahagarariye ishyaka rye rya Congress,  mu 2008 nibwo yahawe impamyabumenyi y’ikirenga ya Doctorate muri kaminuza ya Andhra.

Abagore be bose barapfuye, aho Vijaya Nirmala yapfuye mu 2019, naho Indira Devi we niwe waherukaga kwitaba Imana kuwa 28 Nzeri 2022.

Filime ye yambere yamenyekanyemo cyane ni iyitwa Kula Gothralu yakinnyemo mu 1961, ubwo yari akiri umusore, mu myaka ibiri yakurikiyeho yakinnye mu zindi zakunzwe arizo Padandi Mundhuku na Paruvu Prathishta.

Umuhungu wa Krishna, Babu Ramesh atunganya filime, naho Mahesh Babu ni umwe mu bakinnyi ba mbere bahembwa agatubutse muri Telugu Cinema.

Ifoto Krishna yamamaye

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • ATHANASE says:
    November 15, 2022 at 7:32 pm

    YOOO!!!!birababaje.gusa .imana imwakire mubayo.

    Reply
  • SIBOMANA says:
    November 15, 2022 at 7:34 pm

    YOO!BIRABAJE.

    Reply
  • gaturika tuyizere mubi cane says:
    November 16, 2022 at 4:21 pm

    birababaje gusa imana imwacyire mubayo aruhukire mumahoro kandi imana imwakire mubayo

    Reply

Leave a Reply to ATHANASE Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abarimu batazi Icyongereza ntibazirukanwa, bazahugurwa- MINEDUC

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), yavuze ko hari abarimu n’abayobozi b’ibigo bahuguwe ndetse hakiri…

RURA yafatiye MTN Rwanda ibihano 

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko rwafatiye ibihano byo mu rwego rw'ubutegetsi Sosiyete…

Mutamba yasabye ko Minisitiri w’Intebe ahamagazwa mu rubanza rwe

Constant Mutamba Tungunga wabaye Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

Amatora ya FERWAFA ntavugwaho rumwe n’abagize komite nyobozi

Bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse…

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

2 Min Read
Imyidagaduro

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

1 Min Read
Imyidagaduro

Ciara yahawe ubwenegihugu bwa Bénin

2 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu wari ukurikiranyweho gufungirana abakobwa mu nzu yarekuwe

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?