BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Krishna wamamaye mu Buhinde akina filime yapfuye

Krishna wamamaye mu Buhinde akina filime yapfuye

admin
Last updated: November 15, 2022 7:09 pm
admin
Share
SHARE

Rurangiranwa mu gukina, kwandika no kuyobora filime cyane cyane iz’impinde Ghattamaneni Siva Rama Krishna Murthy wamamaye nka Krishna yitabye Imana ku myaka 79 azize umutima.

Krishna yapfuye ku myaka 79

Ni inkuru yashenguye benshi ubwo urupfu rwe rwamenyekanaga kuri uyu wa Kabiri, tariki 15 Ugushyingo 2022, aho yapfuye azize indwara z’umutima.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru Indianexpress cyandikirwa mu Buhinde, kuri uyu wa Mbere, tariki 14 Ugushyingo nibwo Krishna yafashwe n’umutima yihutanwa kwa muganga mu ivuriro rimwe ryo mu mujyi wa Hyderabad, aho abaganga bakoze ibishoboka ngo batabare ubuzima bwe ariko biba iby’ubusa.

Krishna yari aherutse gupfusha umugore we wa mbere Indira Devi, aho yitabye Imana mu kwezi kwa Nzeri tariki 28, ni nyuma yo gupfusha umugore we wa kabiri mu 2019, nawe wari umukinnyikazi wa filime, Vijaya Nirmala.

Krishna yakinnye muri filime zirenga 350, nyinshi zakunzwe zirimo nka Gudachari 116, Lakshimi Nivasam, Manchi Kutumbam, Vichitra Kutumbam, Devadasu, Bhale Krishnudu na Guru Sishyulu.

Ibyamamare mu gukina filime cyane cyane mu Buhinde nka Rajinikanth, Nagarajuna, Kamal Haasan, Allu Arjun, Samantha Ruth Prabhu n’abandi ,bakaba bihanganishije umuryango mugari w’uruganda rwa cinema muri iki gihugu, nyuma yo gutakaza uwagize uruhare mu gushyira ibuye muri uru ruganda.

Umuhango wo gusezera kuri Krishna ukaba ukomeje kugeza kuri uyu wa 16 Ugushyingo, aho azasezerwaho bwa nyuma.

Krishina ni muntu ki?

Ghattamaneni Siva Rama Krishna Murthy wamamaye nka Krishna yavutse tariki 31 Gicurasi 1943, avukira Burri Palem mu Buhinde, yashakanye n’abagore babiri aribo Indira Devi na Vijaya Nirmala, yabyaye abana batanu, abazwi cyane ni Mahesh Babu, Ramesh Babu na Priyadarshini Ghattamaneni.

Akaba yari afite inzu itunganya filime izwi nka Telugu, mu 2009 akaba yarahawe igihembo n’u Buhinde kizwi nka Padma Bhushan kubera uruhare rwe mu guteza imbere uruganda rwa sinema.

Mu mwaka wa 1989 yatorewe kuba umwe mu bagize inteko ishinga amategeko ahagarariye ishyaka rye rya Congress,  mu 2008 nibwo yahawe impamyabumenyi y’ikirenga ya Doctorate muri kaminuza ya Andhra.

Abagore be bose barapfuye, aho Vijaya Nirmala yapfuye mu 2019, naho Indira Devi we niwe waherukaga kwitaba Imana kuwa 28 Nzeri 2022.

Filime ye yambere yamenyekanyemo cyane ni iyitwa Kula Gothralu yakinnyemo mu 1961, ubwo yari akiri umusore, mu myaka ibiri yakurikiyeho yakinnye mu zindi zakunzwe arizo Padandi Mundhuku na Paruvu Prathishta.

Umuhungu wa Krishna, Babu Ramesh atunganya filime, naho Mahesh Babu ni umwe mu bakinnyi ba mbere bahembwa agatubutse muri Telugu Cinema.

Ifoto Krishna yamamaye

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • ATHANASE says:
    November 15, 2022 at 7:32 pm

    YOOO!!!!birababaje.gusa .imana imwakire mubayo.

    Reply
  • SIBOMANA says:
    November 15, 2022 at 7:34 pm

    YOO!BIRABAJE.

    Reply
  • gaturika tuyizere mubi cane says:
    November 16, 2022 at 4:21 pm

    birababaje gusa imana imwacyire mubayo aruhukire mumahoro kandi imana imwakire mubayo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Imyidagaduro

Urubanza rw’abakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano atera akabariro rwasubitswe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?