BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > UPDATE: Imibare y’abapfiriye mu birori muri Korea igeze ku 154

UPDATE: Imibare y’abapfiriye mu birori muri Korea igeze ku 154

admin
Last updated: October 30, 2022 4:30 pm
admin
Share
SHARE

UPDATE: Abantu 154 bamenyekanye ko bapfiriye mu birori byo kwishimira ikurwaho ry’amabwiriza yo kwambara agapfukamunwa no guhana intera yashyizweho mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Polisi y’i Seoul muri Korea y’Epfo, ivuga ko abapfuye ari 154, barimo ab’igitsina gore 98, na 56 b’igitsina gabo.

Abagera ku 153 bapfuye hamenyekanye imyirondoro yabo ndetse bimenyeshwa abo mu miryango yabo.

Muri biriya byago byatewe n’umubyigano, abantu 133 bakomeretse.

 

INKURU YABANJE: Nibura abantu 149 bapfuye abandi bagera ku 76 barakomereka nyuma y’umubyigano wabaye barimo bishimira ko amabwiriza yo kwambara agapfukamunwa no guhana intera kubera kwirinda COVID-19 atakiri itegeko.

Abantu 149 byemejwe ko bapfuye

Byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu ririshyira ku Cyumweru, mu gihugu cya Korea y’Epfo.

Imibare y’abapuye yagiye izamuka abashinzwe ubutabazi bavuze ko ari 149 bapfuye biganjemo urubyiruko rufite imyaka 20.

Choi Seong-beom, ukuriye ibikorwa byo kuzimya inkongi ahitwa Yongsan mu Mujyi wa Seoul, yavuze ko abakomeretse ari 76 barimo 19 barembye abanda 57 bakomeretse mu buryo bworoheje.

Abapfuye barimo abanyamahanga babiri, naho mu bakomeretse abanyamahanga ni 15.

Amashusho agaragaza abatabazi bagerageza gukanda mu gatuza abantu baryamye hasi babuze umwuka yagiye akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga.

Aka kaga kabereye mu gace k’umurwa mukuru Seoul kazwiho kuberamo imyidagaduro, ndetse hakaba hari urubyiniro ruzwi muri ako gace kitwa Itaewon.

Ubusanzwe abari muri biriya birori Bambara masike (mask), ubundi bakidagaduro ibyo bita Halloween.

Ibihumbi by’abantu, abababonye bababarira ku bihumbi 100 bari birundiye ahantu hafunganye cyane bishimye, ariko umwuka uza kuba muke kubera ubwinshi bwabo.

Abantu bari benshi hariya habereye ibirori byaje kuvamo ibyago

BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nyanza: Abayobozi ba Hoteli Urubuto batawe muri yomb

Polisi y’Igihugu (RNP) yatangaje ko yataye muri yombi bamwe mu bayobozi ba…

FERWAFA yashyikirije abasifuzi mpuzamahanga ibirango bya FIFA bazakoresha muri 2026

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryashyikirije abasifuzi mpuzamahanga b’Abanyarwanda ibirango by’impuzamashyirahamwe…

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana…

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu…

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
Mu mahanga

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

2 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?