BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

admin
Last updated: January 12, 2026 5:09 pm
admin
Share
SHARE

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki ya 15 Mutarama, akubiyemo amatora ya perezida, abagize inteko ishinga amategeko, n’inzego z’ibanze. Ariko, kuva ku itariki ya 10 Mutarama, Ingabo za Uganda zongerewe mu mijyi minini y’igihugu. Ubu ingabo zirakorana irondo n’abapolisi.

Nk’uko Umuvugizi w’Ingabo za Uganda abitangaza, ngo kohereza ingabo ni igisubizo ku mpungenge z’urugomo rushobora kwaduka mu gihe cy’amatora muri Uganda. Ariko muri abatavuga rumwe n’ubutegetsi, bamwe babona ko ari ukugerageza gutera ubwoba.

Imodoka z’imitamenwa hamwe n’imitwe y’ingabo byagaragaye cyane kuri iki Cyumweru, itariki ya 11 Mutarama, ku masangano menshi y’umurwa mukuru.

Kuri Rahim, wagiye kwamamariza Perezida Museveni mu gace ka Kawala, ibi birabahumuriza.

Aganira na RFI dukesha iyi nkuru yagize ati: “Perezida wacu yatwijeje amahoro mu myaka hafi mirongo ine. Nta makimbirane. Rero, ni ibisanzwe ko ashaka kurinda ibyo yagezeho.”

Muri ako gace, kazwiho kubamo abantu benshi bashyigikiye umuyobozi utavuga rumwe n’ubutegetsi, Bobi Wine, bo baribaza impamvu y’izo ngabo ndetse n’igaragara ry’umutwe ushinzwe umutekano ngo usa nk’aho ari mushya, nk’uko Joseph, umukanishi yabitangaje.

Ati: “Batwara moto, bambaye imyenda ya polisi, ariko bambaye amakoti akingira amasasu, kandi bafite intwaro nyinshi. Nabibonye bwa mbere ku wa Gatandatu. Sinzi icyo bakora. Baba bagendagenda.”

Ibikorwa byo kwiyamamaza biracyakomeje, aho biteganijwe ko abakandida bombi nyamukuru biyamamaza mu murwa mukuru kuri uyu wa 12 na 13 Mutarama, ku munsi wa nyuma wo kwiyamamaza mbere y’amatora mu minsi itatu.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida Samia Suluhu yijeje Museveni umusanzu mu biganiro byo kugarura amahoro mu karere

2 Min Read
Mu mahanga

Gen Muhoozi yambitswe umudali w’ishimwe na se

2 Min Read
Mu mahanga

Ghana na Zambia bakuyeho visa ku baturage b’ibyo bihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Umuhungu wa Muammar Gaddafi yitabye Imana, hakekwa kuraswa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?