BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Ariel Wayz agiye gutaramira bwa mbere mu Burundi

Ariel Wayz agiye gutaramira bwa mbere mu Burundi

admin
Last updated: October 18, 2022 3:30 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzikazi nyarwanda Uwayezu Ariel uzwi nka Ariel Wayz umaze kunyeganyeza benshi kubera ijwi rye n’umuziki we, agiye gukorera igitaramo cye cya mbere mu Burundi.

Ariel Wayz agiye gutaramira mu Burundi bwa mbere

Ni igitaramo agomba kwitabira ku itariki 29 Ukwakira 2022, aho kizabera mu Ntara ya Kigobe mu busitani bwa Jardin Du Peuple ahitwa Mukarakara.

Abinyujije ku mbuga ze nkoranyambaga, Ariel Wayz yasabye abakunzi b’umuziki we cyane cyane Abarundi kuzaza kumushyigikira muri icyo gitaramo kuko yiteguye kubaha ibirori by’akataraboneka.

Yagize ati “Bantu banjye ba Bujumbura nje kubabwira amakuru meza ko tariki 29 Ukwakira nzaba ndi i Burundi ku nshuro ya mbere, aho nzaba nje kubataramira. Bwira inshuti nayo ibwire inshuti kuko ndi mu nzira nje gutwika umujyi ubundi turye show.”

Iki gitaramo ni icyateguwe n’abarimo umunyamakuru w’imyidagaduro ndetse unategura ibitaramo mu Burundi uzwi nka Landry  Promoter BDI.

Ariel Wayz ni umwe mu bahanzi bamaze gutera intambwe za muzika mu ruhando nyarwanda, aho atumirwa mu bitaramo binyuranye akaba igitaramo aherukamo ari icya Youth Connekt Africa cyasusurukije abarimo urubyiruko rwari rwitabiriye iyi nama ya ihuza urubyiruko rw’Afurika.

Ariel Wayz ni umukobwa wabadukanye imbaduko muri uyu muziki cyane cyane ubwo yafatanyaga na Juno Kizigenza mu ndirimbo “Away” yakunzwe n’abatari bake, nyuma yaje gusohora izindi ari wenyine zakunzwe nka Demo, Your Love, Good Luck n’izindi.

Ariel Wayz nubwo amaze kwigarurira imitima ya bamwe hano mu Rwanda, ku ruhando mpuzamahanga ntabwo arubakayo izina. Gusa abarundi bakunda umuziki nyarwanda kuko abahanzi nka Bruce Melody bagiye bandikayo amateka mu bihe binyuranye

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Imyidagaduro

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?