BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Ariel Wayz agiye gutaramira bwa mbere mu Burundi

Ariel Wayz agiye gutaramira bwa mbere mu Burundi

admin
Last updated: October 18, 2022 3:30 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzikazi nyarwanda Uwayezu Ariel uzwi nka Ariel Wayz umaze kunyeganyeza benshi kubera ijwi rye n’umuziki we, agiye gukorera igitaramo cye cya mbere mu Burundi.

Ariel Wayz agiye gutaramira mu Burundi bwa mbere

Ni igitaramo agomba kwitabira ku itariki 29 Ukwakira 2022, aho kizabera mu Ntara ya Kigobe mu busitani bwa Jardin Du Peuple ahitwa Mukarakara.

Abinyujije ku mbuga ze nkoranyambaga, Ariel Wayz yasabye abakunzi b’umuziki we cyane cyane Abarundi kuzaza kumushyigikira muri icyo gitaramo kuko yiteguye kubaha ibirori by’akataraboneka.

Yagize ati “Bantu banjye ba Bujumbura nje kubabwira amakuru meza ko tariki 29 Ukwakira nzaba ndi i Burundi ku nshuro ya mbere, aho nzaba nje kubataramira. Bwira inshuti nayo ibwire inshuti kuko ndi mu nzira nje gutwika umujyi ubundi turye show.”

Iki gitaramo ni icyateguwe n’abarimo umunyamakuru w’imyidagaduro ndetse unategura ibitaramo mu Burundi uzwi nka Landry  Promoter BDI.

Ariel Wayz ni umwe mu bahanzi bamaze gutera intambwe za muzika mu ruhando nyarwanda, aho atumirwa mu bitaramo binyuranye akaba igitaramo aherukamo ari icya Youth Connekt Africa cyasusurukije abarimo urubyiruko rwari rwitabiriye iyi nama ya ihuza urubyiruko rw’Afurika.

Ariel Wayz ni umukobwa wabadukanye imbaduko muri uyu muziki cyane cyane ubwo yafatanyaga na Juno Kizigenza mu ndirimbo “Away” yakunzwe n’abatari bake, nyuma yaje gusohora izindi ari wenyine zakunzwe nka Demo, Your Love, Good Luck n’izindi.

Ariel Wayz nubwo amaze kwigarurira imitima ya bamwe hano mu Rwanda, ku ruhando mpuzamahanga ntabwo arubakayo izina. Gusa abarundi bakunda umuziki nyarwanda kuko abahanzi nka Bruce Melody bagiye bandikayo amateka mu bihe binyuranye

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Urubanza rw’abakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano atera akabariro rwasubitswe

2 Min Read
Imyidagaduro

Abambere basakaje amashusho ya Yampano bagejejwe imbere y’urukiko

2 Min Read
Imyidagaduro

Abarimo Djihad batawe muri yombi kubera gukwirakwiza amashusho ya Yampano ari gukora imibonano mpuzabitsina

2 Min Read
Imyidagaduro

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?