BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rutsiro: Umubyeyi yaguye mu mugezi, umwana yari ahetse ararohama

Rutsiro: Umubyeyi yaguye mu mugezi, umwana yari ahetse ararohama

admin
Last updated: October 3, 2022 6:45 pm
admin
Share
SHARE

Umubyeyi wari uhetse umwana w’amezi atandatu yaguye mu mugezi, umwana we ararohama arapfa.

Rutsiro ni mu ibara ritukura

Mukamuganga Solange w’imyaka 34 wo mu murenge wa Mukura, akagari ka Kagano, mu mudugudu wa Kazizi, mu Karere ka Rutsiro, yakoreye impanuka mu mugezi wa Ndaba.

UMUSEKE wamenye amakuru ko ku mugoroba wo ku cyumweru, tariki ya 2 Ukwakira, 2022 ahagana saa moya n’igice (7h30), mu Murenge wa Mukura haguye imvura nyinshi.

Uyu mubyeyi yari uvuye mu Mudugudu wa Kabacuzi ashaka kwambuka umugezi ngo ajye mu Mudugudu, wa  Kazizi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kagano, Gahama Patrick, yabwiye UMUSEKE ko uyu mubyeyi yabanje gutabaza abaturanyi, ariko basanga umwana we yitabye Imana.

Yagize ati “Yashatse kwambuka, yambutse umuvumba uramukubita ahetse umwana, akigwa mu mugezi umwana arajishuka, ahita agenda.”

Uyu mugore ngo yabashije kwambuka ajya kubwira abaturanyi ngo baze bamufashe gukuramo umwana.

Ati “Natwe baraduhamagara, tuza gushakisha turamubona mu masaha ya saa tatu (21h00).”

Uyu muyobozi avuga ko uyu mubyeyi na we yabanje kujyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Rugabano, mu Karere ka Karongi kugira ngo abanze avurwe kuko yari yakomeretse.

Amakuru avuga uruhinja rwashyinguwe kuri uyu wa mbere.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?