BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rutsiro: Umubyeyi yaguye mu mugezi, umwana yari ahetse ararohama

Rutsiro: Umubyeyi yaguye mu mugezi, umwana yari ahetse ararohama

admin
Last updated: October 3, 2022 6:45 pm
admin
Share
SHARE

Umubyeyi wari uhetse umwana w’amezi atandatu yaguye mu mugezi, umwana we ararohama arapfa.

Rutsiro ni mu ibara ritukura

Mukamuganga Solange w’imyaka 34 wo mu murenge wa Mukura, akagari ka Kagano, mu mudugudu wa Kazizi, mu Karere ka Rutsiro, yakoreye impanuka mu mugezi wa Ndaba.

UMUSEKE wamenye amakuru ko ku mugoroba wo ku cyumweru, tariki ya 2 Ukwakira, 2022 ahagana saa moya n’igice (7h30), mu Murenge wa Mukura haguye imvura nyinshi.

Uyu mubyeyi yari uvuye mu Mudugudu wa Kabacuzi ashaka kwambuka umugezi ngo ajye mu Mudugudu, wa  Kazizi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kagano, Gahama Patrick, yabwiye UMUSEKE ko uyu mubyeyi yabanje gutabaza abaturanyi, ariko basanga umwana we yitabye Imana.

Yagize ati “Yashatse kwambuka, yambutse umuvumba uramukubita ahetse umwana, akigwa mu mugezi umwana arajishuka, ahita agenda.”

Uyu mugore ngo yabashije kwambuka ajya kubwira abaturanyi ngo baze bamufashe gukuramo umwana.

Ati “Natwe baraduhamagara, tuza gushakisha turamubona mu masaha ya saa tatu (21h00).”

Uyu muyobozi avuga ko uyu mubyeyi na we yabanje kujyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Rugabano, mu Karere ka Karongi kugira ngo abanze avurwe kuko yari yakomeretse.

Amakuru avuga uruhinja rwashyinguwe kuri uyu wa mbere.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?