BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 5, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Uganda yemeje ko hagaragaye umurwayi wa Ebola

Uganda yemeje ko hagaragaye umurwayi wa Ebola

admin
Last updated: September 21, 2022 5:59 am
admin
Share
SHARE

Muri Uganda hagaragaye umurwayi wa Ebola nyuma y’imyaka 10 iki cyorezo byemejwe ko cyacitse.

Uwarwaye Ebola yitabwaho mu buryo bwihariye nta muntu umukozaho intoki na we ahita yandura

Uwasanganywe ibimenyetso by’iyi ndwara, ni umugabo w’imyaka 24, ndetse Ebola ihita imuhitana nk’uko byemejwe inzego z’ubuzima muri iki gihugu.

Minisiteri y’Ubuzima yabwiye itangazamakuru ko uyu mugabo yatahuweho ibimenyetso bya Ebola mbere y’uko imuhitana.

Ubusanzwe yari atuye mu gace ka Ngabano, mu Karere ka Mubende ni muri kilometero 147 uvuye i Kampala.

Amakuru avuga ko hari abandi bantu umunani, bakekwaho kugaragaza ibimenyetso bya Ebola, ariko ko bari kwitabwaho n’abaganga.

Ikugo cy’Ubushakashatsi kuri virus muri Uganda ndetse n’Ishami ry’Umiryango w’Abibumbye ryita ku buzima, WHO/OMS, byemeje ko kuri ubu iyi virus ifite inkomoko muri Sudani.

Iyi virus yaherukaga kugaragara mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba mu 2012.

Umuyobozi w’ishami ry’Umiryango w’Abibumbye ryita ku buzima muri Uganda, OMS, Dr Matshidiso Moeti yashimiye inzego zitandukanye uburyo zatahuye iyi ndwara itarakwirakwira.

Urwaye Ebola agira umuriro, ababara umutwe, aribwa mu ngingo, mu muhogo, agacika intege, agacibwamo, akaruka cyane kandi kenshi.

Mu bindi bimenyetso agaragaza harimo kuribwa mu nda no kuva amaraso ahantu hose hari umwenge ku mubiri.

IVOMO: BBC

TUYISHIMIRE Raymond/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Pingback: Ebola imaze guhitana abantu 11 muri Uganda – Umuseke
  • Pingback: Ebola imaze guhitana abantu 11 muri Uganda – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) rurahumuriza abavuga ko bisanze mu rwego rwo kwishyura…

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026, iyobowe…

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), rikorera mu Mujyi wa Kigali,…

Ishyingurwa rya Khamenei ryasubitswe

Amakuru atangazwa n’itangazamakuru rya leta muri Iran aravuga ko umuhango wo gushyingura…

Abanyarwanda bari mu bihugu byugarijwe n’ibitero bya Iran baburiwe

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yatangaje ko Abanyarwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?