BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Uganda yemeje ko hagaragaye umurwayi wa Ebola

Uganda yemeje ko hagaragaye umurwayi wa Ebola

admin
Last updated: September 21, 2022 5:59 am
admin
Share
SHARE

Muri Uganda hagaragaye umurwayi wa Ebola nyuma y’imyaka 10 iki cyorezo byemejwe ko cyacitse.

Uwarwaye Ebola yitabwaho mu buryo bwihariye nta muntu umukozaho intoki na we ahita yandura

Uwasanganywe ibimenyetso by’iyi ndwara, ni umugabo w’imyaka 24, ndetse Ebola ihita imuhitana nk’uko byemejwe inzego z’ubuzima muri iki gihugu.

Minisiteri y’Ubuzima yabwiye itangazamakuru ko uyu mugabo yatahuweho ibimenyetso bya Ebola mbere y’uko imuhitana.

Ubusanzwe yari atuye mu gace ka Ngabano, mu Karere ka Mubende ni muri kilometero 147 uvuye i Kampala.

Amakuru avuga ko hari abandi bantu umunani, bakekwaho kugaragaza ibimenyetso bya Ebola, ariko ko bari kwitabwaho n’abaganga.

Ikugo cy’Ubushakashatsi kuri virus muri Uganda ndetse n’Ishami ry’Umiryango w’Abibumbye ryita ku buzima, WHO/OMS, byemeje ko kuri ubu iyi virus ifite inkomoko muri Sudani.

Iyi virus yaherukaga kugaragara mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba mu 2012.

Umuyobozi w’ishami ry’Umiryango w’Abibumbye ryita ku buzima muri Uganda, OMS, Dr Matshidiso Moeti yashimiye inzego zitandukanye uburyo zatahuye iyi ndwara itarakwirakwira.

Urwaye Ebola agira umuriro, ababara umutwe, aribwa mu ngingo, mu muhogo, agacika intege, agacibwamo, akaruka cyane kandi kenshi.

Mu bindi bimenyetso agaragaza harimo kuribwa mu nda no kuva amaraso ahantu hose hari umwenge ku mubiri.

IVOMO: BBC

TUYISHIMIRE Raymond/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Pingback: Ebola imaze guhitana abantu 11 muri Uganda – Umuseke
  • Pingback: Ebola imaze guhitana abantu 11 muri Uganda – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?