BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yitabiriye inama rusange y’Umuryango w’Abibumbye

Perezida Kagame yitabiriye inama rusange y’Umuryango w’Abibumbye

admin
Last updated: September 21, 2022 5:22 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame ari i New York aho yitabiriye inama rusange ya 77 y’umuryango w’Abibumbye, UN.

Perezida Paul Kagame ubwo yari mu nama yiga ku kibazo cy’ibiribwa bike ku isi

Iyi nama ifite insanganyamatsiko ivuga “igihe gikomeye cyo kwiga ku bisubizo byagira impinduka ku bibazzo bisobekeranye.”

Ibi bibazo birimo icy’ingufu ku isi, ibyakorwa mu kubungabunga ikirere, gushyira iherezo ku cyorezo cya COVID-19, iraniga ku burezi.

Perezida Kagame ku wa Kabiri yitabiriye inama yiga ku gukemura ikibazo cy’ibiribwa ku isi, yatumijwe na Perezida w’Akanama k’Umuryango w’Uburayi, Charles Michel.

Inama yitabiriwe kandi na Perezida wa Senegal Macky Sall ari na we uyoboye Umuryango wa Africa yunze Ubumwe, Minisitiri w’Intebe wa Espagne, Pedro Sánchez n’Umunyamabanga wa Leta wa America, Antony Blinken.

Muri iyi nama Perezida Kagame yagaragaje ko nta mpamvu n’imve Africa yari ikwiye kuba ifite ikibazo cy’ibiribwa bike, ugereranyije n’amahirwe kamere irusha ibindi bice byo ku isi.

Ati “Dukwiye kugira ibikorwa mu gihe cya vuba, kugira ngo bitange umusaruro ufatika.”

Perezida Paul Kagame aramukanya na Charles Michel, Perezida w’Akanama k’Umuryango w’Uburayi

Itangazo Ibiro bya Perezida byagenewe Abanyamakuru, rivuga ko kuri uyu wa Gatatu, Kagame ageza ijambo ku nteko rusange ya UN, mu biganiro rusange akaza kuvuga aho u Rwanda ruhagaze ku bibazo binyuranye isi ifite.

Perezida Kagame aranitabira inama igamije gushakira inkunga ikigega Global Fund.

Iki kigega gishora buri mwaka asaga miliyari 4 z’amadolari ya America mu guhangana n’indwara zikomeye nka Virus Itera SIDA, igituntu, malaria, no guharanira ko abatuye isi bagira ubuzima bwiza.

Cyashoboye gusigasira amagara y’abantu miliyoni 50 binyuze mu gukorana n’ibihugu birimo n’u Rwanda.

Ku wa Kane Perezida Paul Kagame azitabira inama mpuzamahanga ivuga ku bufatanye bwa Nigeria n’abandi bafatanyabikorwa mu by’ubukungu (Nigeria International Economic Partnership Forum, NIEPF).

Iri huriro rizereka isi amahirwe ahari mu gukorana mu by’ishoramari na Nigeria ndetse na Africa.

Mu giheyi nama izamara, perezida Kagame anafite akanya ko kuzaganira n’Abayobozi banyuranye ku Isi.

Inama yize ku kibazo cy’ibiribwa bike ku isi

AMAFOTO@Village Urugwiro Twitter

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?