BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 17, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yitabiriye inama rusange y’Umuryango w’Abibumbye

Perezida Kagame yitabiriye inama rusange y’Umuryango w’Abibumbye

admin
Last updated: September 21, 2022 5:22 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame ari i New York aho yitabiriye inama rusange ya 77 y’umuryango w’Abibumbye, UN.

Perezida Paul Kagame ubwo yari mu nama yiga ku kibazo cy’ibiribwa bike ku isi

Iyi nama ifite insanganyamatsiko ivuga “igihe gikomeye cyo kwiga ku bisubizo byagira impinduka ku bibazzo bisobekeranye.”

Ibi bibazo birimo icy’ingufu ku isi, ibyakorwa mu kubungabunga ikirere, gushyira iherezo ku cyorezo cya COVID-19, iraniga ku burezi.

Perezida Kagame ku wa Kabiri yitabiriye inama yiga ku gukemura ikibazo cy’ibiribwa ku isi, yatumijwe na Perezida w’Akanama k’Umuryango w’Uburayi, Charles Michel.

Inama yitabiriwe kandi na Perezida wa Senegal Macky Sall ari na we uyoboye Umuryango wa Africa yunze Ubumwe, Minisitiri w’Intebe wa Espagne, Pedro Sánchez n’Umunyamabanga wa Leta wa America, Antony Blinken.

Muri iyi nama Perezida Kagame yagaragaje ko nta mpamvu n’imve Africa yari ikwiye kuba ifite ikibazo cy’ibiribwa bike, ugereranyije n’amahirwe kamere irusha ibindi bice byo ku isi.

Ati “Dukwiye kugira ibikorwa mu gihe cya vuba, kugira ngo bitange umusaruro ufatika.”

Perezida Paul Kagame aramukanya na Charles Michel, Perezida w’Akanama k’Umuryango w’Uburayi

Itangazo Ibiro bya Perezida byagenewe Abanyamakuru, rivuga ko kuri uyu wa Gatatu, Kagame ageza ijambo ku nteko rusange ya UN, mu biganiro rusange akaza kuvuga aho u Rwanda ruhagaze ku bibazo binyuranye isi ifite.

Perezida Kagame aranitabira inama igamije gushakira inkunga ikigega Global Fund.

Iki kigega gishora buri mwaka asaga miliyari 4 z’amadolari ya America mu guhangana n’indwara zikomeye nka Virus Itera SIDA, igituntu, malaria, no guharanira ko abatuye isi bagira ubuzima bwiza.

Cyashoboye gusigasira amagara y’abantu miliyoni 50 binyuze mu gukorana n’ibihugu birimo n’u Rwanda.

Ku wa Kane Perezida Paul Kagame azitabira inama mpuzamahanga ivuga ku bufatanye bwa Nigeria n’abandi bafatanyabikorwa mu by’ubukungu (Nigeria International Economic Partnership Forum, NIEPF).

Iri huriro rizereka isi amahirwe ahari mu gukorana mu by’ishoramari na Nigeria ndetse na Africa.

Mu giheyi nama izamara, perezida Kagame anafite akanya ko kuzaganira n’Abayobozi banyuranye ku Isi.

Inama yize ku kibazo cy’ibiribwa bike ku isi

AMAFOTO@Village Urugwiro Twitter

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Santarafurika: Amb Kayumba yagiranye ibiganiro n’aba ofisiye ba RCS

Ambasaderi w’u Rwanda muri Santarafurika, Olivier Kayumba, yagiranye ibiganiro n’ Abakozi b’Urwego…

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagurutse iri…

Agakoriro ka Gisozi kagiye kwimurirwa mu cyanya cy’inganda i Masoro

Umujyi wa Kigali watangaje ko ibikorwa by’ububaji n’ibindibyakoreraga mu Gakiriro ka Gisozi…

Min Olivier Nduhungirehe Nduhungirehe yaganiriye na mugenzi we waTurkmenistan  

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwwrerane w'u Rwanda Olivier Nduhungirehe yagiranye ikiganiro kuri Telefone…

U Rwanda ruritegura kwakira inama ikomeye ya OIF

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?