BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Umunyarwenya Anne Kansiime agiye kugaruka gutaramira i Kigali

Umunyarwenya Anne Kansiime agiye kugaruka gutaramira i Kigali

admin
Last updated: August 29, 2022 9:58 am
admin
Share
SHARE

Umwamikazi w’urwenya mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba Anne Kansiime agiye kugaruka gutaramira abanyarwanda n’abandi mu gitaramo cy’urwenya cya Seka Live.

Anne Kansiime yavutse ku wa 13 Mata 1987  mu gace ka Mparo, Akarere ka Kabale, muri Uganda y’Uburengerazuba

Anne Kansiime agarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka itanu akoreye igitaramo muri Kigali Serena Hotel cyanyeganyeje imbavu zabacyitabiriye.

Nkusi Arthur utegura ibitaramo by’urwenya bya Seka Live yemeje ko Anne Kansiime, wibanda mu gusetsa ku bintu bibaho mu buzima bwa buri munsi, azataramira mu Rwanda mu mpera za Nzeri 2022.

Yavuze ko uyu munyarwenya, umukinnyi wa filime akaba n’umwanditsi w’udukino dusekeje ku wa 25 Kanama 2022 azafasha abanyarwanda n’abandi gusoza uko kwezi neza.

Gutumira Anne Kansiime ngo byaturutse ku busabe bw’abakunzi ba Seka Live iba buri cyumweru cya nyuma cy’ukwezi.

Kansiime yatangiye ibigendanye no gusetsa mu mwaka wa 2007 akiga muri kaminuza ya Makerere, aho yakundaga gukina udukino dusekeje.

Impano ye yo gusetsa yamugejeje mu bihugu binyuranye agenda akoramo ibitaramo. Muri ibyo twavuga nka Botswana, Malawi, Rwanda, u Buhinde, Nigeria, u Bwongereza, , Zambia n’ahandi hatandukanye.

Ibinyamakuru bimwe byo mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba n’u Rwanda ruherereyemo bamuhaye izina rya “East Africa’s Queen of Comedy”, ugenekereje mu Kinyarwanda bishaka gusobanura ko ari we mwamikazi w’urwenya muri aka Karere.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?