BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Umunyarwenya Anne Kansiime agiye kugaruka gutaramira i Kigali

Umunyarwenya Anne Kansiime agiye kugaruka gutaramira i Kigali

admin
Last updated: August 29, 2022 9:58 am
admin
Share
SHARE

Umwamikazi w’urwenya mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba Anne Kansiime agiye kugaruka gutaramira abanyarwanda n’abandi mu gitaramo cy’urwenya cya Seka Live.

Anne Kansiime yavutse ku wa 13 Mata 1987  mu gace ka Mparo, Akarere ka Kabale, muri Uganda y’Uburengerazuba

Anne Kansiime agarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka itanu akoreye igitaramo muri Kigali Serena Hotel cyanyeganyeje imbavu zabacyitabiriye.

Nkusi Arthur utegura ibitaramo by’urwenya bya Seka Live yemeje ko Anne Kansiime, wibanda mu gusetsa ku bintu bibaho mu buzima bwa buri munsi, azataramira mu Rwanda mu mpera za Nzeri 2022.

Yavuze ko uyu munyarwenya, umukinnyi wa filime akaba n’umwanditsi w’udukino dusekeje ku wa 25 Kanama 2022 azafasha abanyarwanda n’abandi gusoza uko kwezi neza.

Gutumira Anne Kansiime ngo byaturutse ku busabe bw’abakunzi ba Seka Live iba buri cyumweru cya nyuma cy’ukwezi.

Kansiime yatangiye ibigendanye no gusetsa mu mwaka wa 2007 akiga muri kaminuza ya Makerere, aho yakundaga gukina udukino dusekeje.

Impano ye yo gusetsa yamugejeje mu bihugu binyuranye agenda akoramo ibitaramo. Muri ibyo twavuga nka Botswana, Malawi, Rwanda, u Buhinde, Nigeria, u Bwongereza, , Zambia n’ahandi hatandukanye.

Ibinyamakuru bimwe byo mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba n’u Rwanda ruherereyemo bamuhaye izina rya “East Africa’s Queen of Comedy”, ugenekereje mu Kinyarwanda bishaka gusobanura ko ari we mwamikazi w’urwenya muri aka Karere.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Imyidagaduro

Urubanza rw’abakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano atera akabariro rwasubitswe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?