BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 21, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Zimbabwe: Abaturage batangiye gukingirwa umuti urinda SIDA

Zimbabwe: Abaturage batangiye gukingirwa umuti urinda SIDA

admin
Last updated: February 21, 2026 7:57 am
admin
Share
SHARE

Igihugu cya Zimbabwe cyatangiye gukingira abaturage umuti wa Lenacapavir ubarinda kwandura agakoko gatera SIDA 100%, umuti uterwa inshuro ebyiri mu mwaka.

Ni igikorwa cyatangijwe ku wa 19 Gashyantare 2026, gitangizwa na Minisitiri w’Ubuzima wa Zimbabwe Douglas Mombeshora, wanavuze ko icyo gikorwa kigamije kurinda abanduraga agakoko gatera SIDA.

Lenacapavir ni umuti uterwa mu rushinge wakozwe n’uruganda rw’imiti rwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Gilead Sciences, ukaba waremejwe gukoreshwa muri icyo gihugu cya Zimbabwe mu Ugushyingo umwaka ushize, ariko ikingira ryawo rikaba ritangiye ubu.

Inzobere mu by’ubuzima zivuga ko uyu muti ufite ubushobozi bwo kurinda umuntu kwandura virusi itera SIDA 100%, bidasabye ubundi bwirinzi.

Inzego z’ubuzima za Zimbabwe zatangaje ko iyo gahunda yo gukingira abantu umuti wa Lenacapavir igiye gukorwa mu buryo butandukanye, aho abantu barenga ibihumbi 46 bagiye gukingirwa uwo muti binyuze mu bigo nderabuzima birenga 24 by’icyo gihugu.

Ikigero cy’abanduraga virusi itera SIDA muri icyo gihugu cyari ku 34% mu 2000, kiza kugera ku 12% mu 2015, ikigero leta ya Zimbabwe ivuga ko ishaka kugabanya hifashishijwe urwo rukingo rwa Lenacapavir.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Zimbabwe: Abaturage batangiye gukingirwa umuti urinda SIDA

Igihugu cya Zimbabwe cyatangiye gukingira abaturage umuti wa Lenacapavir ubarinda kwandura agakoko…

Minisiteri y’ikoranabuhanga n’Itumanaho yahakanye ibya ‘Monetisation’

Babinyujije kuri X Minisiteri y'ikoranabuhanga n'Itumanaho na Inovasiyo yanditse iti"Amakuru y'ibihuha". Ku…

Bobi Wine yasabwe kureka imikino y’injangwe n’imbeba

Perezida w’ihuriro ry’amashyaka riharanira Impinduka za Demokarasi (Forum for Democratic Change), Patrick…

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko rigiye kurekura abasirikare 230 ba Repubulika Iharanira Demokarasi…

AFC/M23 yamaganye gucece kw’amahanga arebere ubwicanyi bukorerwa abasivile

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryamaganye guceceka…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

DRCongo yongeye ku rutonde ikirombe cya Rubaya mu byo yemereye Amerika 

2 Min Read
Mu mahanga

Leta ya Vatican yanze kwinjira muri gahunda y’amahoro ya Amerik

2 Min Read
Mu mahanga

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

1 Min Read
Mu mahanga

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?