BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 4, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

admin
Last updated: January 28, 2026 3:46 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Uworizagwira Florien wamamaye nka Yampano mu muziki, yatangaje ko yiteguye gukora ubukwe n’umukunzi we Uwineza Vava, ni nyuma y’iminota micye yari ishize yarakiye agakiza yatujwe na Prophet Akim Hulleman.

Ni mu kiganiro yagiriye ku rubuga rwa Tik Tok mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 27 Mutarama 2026, aho yagaragaje ibyishimo bye, urukundo afitiye Uwineza Vava ndetse n’icyizere cyo kubaka ejo hazaza heza.

Muri iki kiganiro, Prophet Akim yabajije Yampano niba yiteguye gukora ubukwe, Yampano asubiza mu buryo bwuzuye ibyishimo, ati: “Yego rwose! Vuba aha”

y’umukunzi we, Yampano asubiza ati: “Njyewe ntabwo ngira abagore benshi. Njyewe ngira umugore umwe. Bamwita Uwineza Vava.”

Akim yahise avuga ko Uwineza Vava ariwe mukunzi wa Yampano, ndetse ashimangira ko batigeze batandukana. Ati “Abantu bari bazi ko batandukanye, (ariko) ntabwo batandukanye. Imana yo mu ijuru, barakundana, ni Fiancée, bakeneye kuzarwubaka vuba.”

Yampano avuga ko urukundo rwabo rudateye imbere mu buryo bworoshye, ahubwo rwaranzwe n’ibigeragezo n’ibibazo bibakikije, birimo n’amashusho yabo batera akabariro yasakaye ku mbuga nkoranyambaga n’ahandi.

Ariko n’ubwo byose byari bigoye, urukundo rwabo ntirwigeze rusenyuka. Ati: “Nta cyiza nko kugira umuntu ukunda. Nta cyiza nko kugira umuntu utekereza nyuma yawe. Nta cyiza nko kugira umuntu wibonamo, bikaba akarushaho nawe akwibonamo. Rero, nagiriwe amahirwe mpura n’umuntu ndamukunda, muri uko kumukunda nawe arankundira arankunda […]”

Uyu muhanzi yakomeje avuga ko mu gihe bamaze bari kumwe kingana n’umwaka, bahuye n’ibintu byinshi byabangamiraga ubwonko n’igihe cyabo, ariko byarangiriye neza. Yashimiye kandi abakunzi be bamushyigikiye n’umuryango we wabaye hafi muri ibi bihe byose.

Akomeza agira ati: “Ndamushimira mu gihe tumaranye kingana n’umwaka. Twahuye na byinshi bitwangiriza ubwonko, bitwangiriza igihe, biratunyeganyeza, ariko ndashima Imana ko bitasenye inzu. Ndamushimira, nkanashimira abakunzi b’imizki banjye bambaye hafi, bagerageje kunshyigikira uko babishoboye.”

Ku bijyanye n’agakiza yakiriye, Prophet Akim yasabye Yampano gusubiramo aya magambo yuje ukwemera. Yampano yasubiyemo aya magambo ati: ” Data mwiza mu izina rya Yesu. Uyu munsi njyewe Yampano Florie Uworizagwira. Nemeje umutima wanjye, n’ubugingo bwanjye n’umutima wanjye, n’ubwenge bwanjye. Ijambo rirambwira mu Abaroma 10: 9 ninatuza akanwa, nkemeza umutima wanjye, ko Yesu yapfuye akazuka, nzaba mbaye icyaremye gishya.”

Ibya cyera, bikarangira. Guhera uyu munsi, unyandukure mu gitabo cy’urupfu, unyandike mu gitabo cy’ubugingo, guhera uyu munsi unyandukure mu bagomba gupfa, imbabarire ibyaha byanjye, ibyo nakoze, ntibyo narakora, nongeye guca bugufi, uyu munsi nemeye kugenda mu nzira yawe. Mu izina rya Yesu, amen.”

Yampano avuga ko yakiriye agakiza, ko umutima we ubu ubohotse, kandi ko ari gutegura ubukwe n’umukunzi we Uwineza Vava. Ibi byerekana ko umuhanzi yiteguye gushyira imbere urukundo, umuryango ndetse n’ukwemera mu buzima bwe, byose bikaba bitanga isomo ku bakunzi be n’abamukurikira.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

Etincelles FC yahagaritse Umutoza Masudi Djuma n’abungiriza be kubera umusaruro muke, ikipe…

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Valens Rwamukwaya wamaze imyaka 38 mu mwuga w’itangazamakuru, irimo 28 yakoreye ikigo…

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Umuyobozi w’ikirenga wa Irani Ayatollah Ali Khamenei yatangaje ko igitero icyo ari…

Uganda: Gen. Muhoozi yavuze ko abashotora igihugu batuma kirwanirirwa

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko adatewe ubwoba n’abakomeje…

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

Rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton n’icyamamare Kim Kardashian,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Bruce Melodie yerekeje muri Tanzania

1 Min Read
Imyidagaduro

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

1 Min Read
Imyidagaduro

IShowSpeed yageze mu Rwanda mu ibanga rikomeye

2 Min Read
Imyidagaduro

Dr Claude yabitswe ari muzima

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?