BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Mar 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Uwasimbuye Osama Bin Laden yishwe arashwe na Amerika

Uwasimbuye Osama Bin Laden yishwe arashwe na Amerika

admin
Last updated: August 2, 2022 11:27 am
admin
Share
SHARE

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zishe umukuru wa al-Qaeda, Ayman al-Zawahiri, mu gitero cy’indege itagira umupilote (drone), nkuko byemejwe na Perezida Joe Biden.

Umukuru wa al-Qaeda, Ayman al-Zawahiri yishwe arashwe na Amerika

Yishwe ku cyumweru mu gitero cyo kurwanya iterabwoba cyakozwe n’ikigo cy’Amerika cy’ubutasi bwo mu mahanga (CIA), mu murwa mukuru Kabul wa Afghanistan.

Biden yavuze ko Zawahiri yari “yaracuze urukurikirane rw’ubwicanyi n’urugomo ku baturage b’Amerika”.

Yongeyeho ati “Ubu ubutabera buratanzwe kandi uyu mukuru w’abakora iterabwoba ntakiriho”.

Abategetsi bavuze ko Zawahiri yari ari ku rubaraza rw’inzu y’ahantu hihishe (safe house) ubwo drone yamurasagaho ibisasu bibiri bya misile.

Bongeyeho ko abandi bo mu muryango we bahari, ariko ko nta cyo babaye, ko ari Zawahiri wenyine wishwe.

Biden yavuze ko yatanze uruhushya rwa nyuma rwo kugaba icyo “gitero kidahusha” kuri uwo mukuru wa al-Qaeda, wari ufite imyaka 71, nyuma y’amezi yari ashize icyo gitero gitegurwa.

Zawahiri yafashe ubuyobozi bwa al-Qaeda nyuma y’iyicwa n’Amerika rya Osama bin Laden mu mwaka wa 2011.

We na Osama bin Laden bacuriye hamwe umugambi w’ibitero kuri Amerika byo ku itariki ya 11 y’ukwezi kwa cyenda mu 2001, ndetse yari umwe mu “bakora iterabwoba bashakishwa cyane” n’Amerika.

IVOMO: BBC

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • I9j999jk7j989j99kj9j99jk9kjj9kkk7k9jk9iik9i9k9kkk8k9ki9kk98mkkjj6ijkk9ji0iikkik9j9k9kk9iki9i9j9i9jjj9j9u9j9j9f says:
    August 4, 2022 at 5:46 am

    Oo3Oo3onosi00n00s0n9nnn99h9h9h9h99999999f99b9bc99f99f9n9.natOo3Oo3onvs9jjw99jjwwwj6we9kke5962j26j236jej2w9j2j9whtjjtmwmm2tmjjwjjk5ui88iii496
    I9j9

    Reply
  • I9j999jk7j989j99kj9j99jk9kjj9kkk7k9jk9iik9i9k9kkk8k9ki9kk98mkkjj6ijkk9ji0iikkik9j9k9kk9iki9i9j9i9jjj9j9u9j9j9f says:
    August 4, 2022 at 5:46 am

    Oo3Oo3onosi00n00s0n9nnn99h9h9h9h99999999f99b9bc99f99f9n9.natOo3Oo3onvs9jjw99jjwwwj6we9kke5962j26j236jej2w9j2j9whtjjtmwmm2tmjjwjjk5ui88iii496
    I9j9

    Reply

Leave a Reply to I9j999jk7j989j99kj9j99jk9kjj9kkk7k9jk9iik9i9k9kkk8k9ki9kk98mkkjj6ijkk9ji0iikkik9j9k9kk9iki9i9j9i9jjj9j9u9j9j9f Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?