BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umusore yatemye nyirakuru aramwica, anakomeretsa Nyirarume

Umusore yatemye nyirakuru aramwica, anakomeretsa Nyirarume

admin
Last updated: November 3, 2022 12:16 am
admin
Share
SHARE

Gicumbi: Umusore w’imyaka 25 wo mu Karere ka Gicumbi yatawe muri akekwaho gutema nyirakuru w’imyaka 80, anakomeretsa nyirarume.

Ibara ritukura rigaragaza Akarere ka Gicumbi

Byabaye ku Kabiri, mu Mudugudu wa Nyaruhanga, akagari ka Karurama, mu murenge wa Rushaki.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rushaki, Ndizihiwe Cyriaque avuga ko umusore witwa Maniragaba J.Claude akekwaho kwica nyirakuru.

Ati “Mu makuru dufite ni amakimbirane aturuka ku mitungo, bigendanye n’imirima. Ni umwana wishe nyirakuru ni yo makuru y’ibanze dufite.”

Amakuru avuga ko Maniragaba J.Claude w’imyaka 25 yabanje gushyamirana na nyirarume witwa Birushya Jean Pierre w’imyaka 55, amuteka ku kuboko bikomeye, ariko aramucika arahunga.

Uyu musore ngo yaje gusatira nyirakuru witwa Kakare Edurida w’imyaka 80, amutema ku ijosi no ku maboko, ahita amwica.

Abakozi b’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, inzego z’ibanze, na DASSO bahise bagera aho icyaha cyabereye kuko bikimara kuba, abaturage bahise bafata uriya musore ndetse inzego zimujyana Polisi sitasiyo ya Rushaki.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku Bitaro bya Byumba, naho umugabo watemwe agakomereka akabako, yajyanwe ku Kigo nderabuzima cya Rushaki, naho bahita bamwohereza ku Bitaro bya Byumba.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rushaki, Ndizihiwe Cyriaque avuga ko abaturage bakwiye kwirinda amakimbirane, naho agaragaye bakayajyana mu buyobozi bukayaha umurongo.

Avuga ko amakimbirane aganirirwa mu murugoroba w’ababyeyi, cyangwa mu nteko z’abaturage ubuyobozi bukabikemura.

Ati “Kwica ni icyaha gikomeye, ntabwo ari ibintu by’i Rwanda umuntu akwiye kubona ubu ngubu.”

Amategeko y’u Rwanda ateganya igihano cy’igifungo cya burundu ku muntu wica undi yabigambiriye.

UMUSEKE.RW / Gicumbi

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?