BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Oct 11, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

sam
Last updated: July 30, 2025 11:48 am
sam
Share
SHARE

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ategerejwe mu gitaramo kizabera i Kigali ku wa 6 Nzeri 2025.

Igitaramo agiye gukorera i Kigali ni kimwe mu ruhererekane rw’ibyo ari gukora amenyekanisha album ye nshya yise ‘Reconstruction’ aherutse gusohora.

Ni ibitaramo ateganya guhera muri Afurika kuva ku wa 4 Nzeri 2025 aho azaba ataramira muri Zimbabwe akanyura muri Zambia ku wa 5 Nzeri 2025 mu gihe i Kigali ho azahataramira ku wa 6 Nzeri 2025.

Nyuma yo kuva i Kigali, ku wa 7 Nzeri 2025 azahita ataramira i Nairobi muri Kenya abone kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho afite ibitaramo bitatu kuva ku wa 10-13 Nzeri 2025.

Nyuma yo gusoza ibi bitaramo muri Afurika, kuva ku wa 1 Ukwakira 2025, uyu muraperi uzaba aherekejwe n’abarimo Miles Minnick azatangira ibitaramo bizenguruka Leta Zunze Ubumwe za Amerika kugeza ku wa 13 Ukuboza 2025.

Lecrae ubusanzwe witwa Lecrae Devaughn Moore kuva yatangira umuziki ku giti cye mu 2004, amaze gukora album zigera ku icumi na Mixtape enye.

Uyu muraperi mu buzima bwe amaze guhatanira ibihembo 55 yegukanamo 27 birimo Grammy Awards enye zirimo ebyiri yegukanye umwaka ushize.

Umwaka ushize ‘Church Clothes 4’ yegukanye Grammy Award nka ‘Best Contemporary Christian Music Album’ mu gihe indirimbo ye “Your Power” yakoranye na Tasha Cobbs Leonard yegukanye igihembo cya ‘Best contemporary christian music performance/song’.

Si Grammy Awards gusa abitse kuko yanatwaye Billboard Award mu 2015, BET Awards eshatu mu 2015, 2017 no mu 2018 mu gihe abitse ariko kandi ibihembo 12 bya ‘Gospel Music Association’ GMA Dove Awards n’ibindi binyuranye.

Uyu muraperi uretse umuziki afitemo album 12 ni n’umukinnyi wa sinema aho amaze kugaragara muri filime zigera kuri 11 n’umwanditsi w’ibitabo ufite ibirimo Unashamed cyasohotse mu 2016 n’icyitwa I Am Restored: How I Lost My Religion but Found My Faith cyasohotse mu 2020.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Museveni yategetse ko ibigo by’amashuri bitagira ibibuga bya siporo byimwa impushya

Perezida wa Uganda,Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko nta shuri ryo mu gihugu…

Kinshasa : Abakozi bakora ku kibuga cy’indege bakomeje gufungwa bazira guheza mu kirere indege yaperezida

Abakozi benshi bakora ku kibuga cy'indege mpuzamahanga cya Ndjili i Kinshasa bakomeje…

Umwe mu basore bagaragaye bakorera umukobwa ubugome bukabije yacakiwe

InPolisi y'u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore batatu bagaragaye…

Urubyiruko ruri kwisonga mu bagerageza kwiyahura mu Rwanda

Ku wa 10 Nzeri 2024, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose mu kwizihiza…

Polisi y’u Rwanda yemeje ifungwa ry’abahanzi Ariel Wayz na Babo

Ubuyobozi bwa polisi y'u Rwanda bwemeje koabahanzi Barbara Horn Teta wamamaye nka…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Inkuru y’akababaro: Urupfu rw’umuramyi Gogo rwashenguye abatari bake

1 Min Read
Imyidagaduro

Weasel yasezerewe mu bitaro

1 Min Read
Imyidagaduro

Teta Sandra yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umugabo we Weasel kubushake

2 Min Read
Imyidagaduro

Umurinzi wa The Ben yajyanywe kwamuganga igitaraganya

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?