BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 4, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Umunyamakuru Abdul Nyirimana yarongoye inkumi y’ikizubazuba- AMAFOTO

Umunyamakuru Abdul Nyirimana yarongoye inkumi y’ikizubazuba- AMAFOTO

admin
Last updated: December 26, 2022 3:25 pm
admin
Share
SHARE

Umunyamakuru wa Radio/TV Izuba Abdul Nyirimana yakoze ubukwe na Uwamariya Francine Fadia Cadette bamaranye imyaka ibiri mu munyenga w’urukundo.

Umunyamakuru Abdul Nyirimana yakoze ubukwe

Ni mu birori byabereye i Musambira mu Karere ka Kamonyi kuri uyu wa Gatandatu, tariki 24 Ukuboza 2022, aho bombi banze ko uyu mwaka ubasiga ari ingaragu.

Abdul Nyirimana na Uwamariya Francine Fadia Cadette bari bamaze imyaka ibiri mu munyenga w’urukundo, kuwa 18 Ugushyingo 2022 mu Murenge wa Kimironko mu Mujyi wa Kigali nibwo basezeranye imbere y’amategeko, maze kuri uyu wa Gatandatu bemeranya kubana imbere y’Imana n’imiryango.

Abdul Nyirimana nyuma yo kwibikaho uwo yihebye yabwiye UMUSEKE ko ari agatangaza kuba bageze ku ntego y’urukundo rwabo, ndetse imiryango n’inshuti bamushyigikiye.

Yagize ati “Icyo navuga nuko nishimiye kuba nari ngaragiwe n’imiryango yombi, kandi ubukwe ni ibyishimo, ikindi urukundo nakundanye n’umufasha wanjye rukaba rugeze ku ntego zarwo, aho twari twiyemeje ko uyu mwaka utazadusiga mu bugaragu.”

Uyu musore yari yambariwe n’abanyamakuru barimo Ubonabagenda Yussuf wa RadioTV10, Gabriel Imaniriho wa Isango Star, Emmanuel Gatarara Ganza wa Radio Ishingiro n’abandi bari bitabirye ubu bukwe.

Abdul Nyirimana avuka mu Karere ka Rwamagana naho umugore we akavuka i Musambira mu Karere ka Kamonyi, bakaba bari bamaze imyaka ibiri mu munyenga w’urukundo.

Abdul Nyirimana yanyuze mu bitangazamakuru binyuranye hano mu Rwanda harimo UMUSEKE, City Radio na Voice of Africa Kigali, kuri ubu ni umunyamakuru wa Radio/TV Izuba.

Ibyishimo byari byose kuri uyu muryango mushya

ANDI MAFOTO

Abdul Nyirimana yari yambariwe n’abarimo abanyamakuru
Uwamariya Francine Fadia Cadette akaba avuka mu karere ka Kamonyi
Ubwo barimo bakata umutsima
Ati “Soma ucurure mugabo mwiza!”

Imiryango yari yateranye
Bahawe impano zitandukanye
Bafatanye agatoki ku kandi
Aba bombi bari bamaranye imyaka ibiri bakundana
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • Aziz says:
    December 26, 2022 at 5:25 pm

    Mukuri natwe twishimiyeko Abdul Avuye mubugaragu nokurara mugikari cyababyeyi hasigaye Hassan nabandi nkawe

    Reply
  • butuyu says:
    December 27, 2022 at 7:19 pm

    Bazabyare Hungu na Kobwa.Ibintu bidushimisha cyane kurusha ibindi Imana yaduhaye,ni Ubukwe no Kubyara.Byombi ni IMPANO y’Imana.Gusa tugomba kwibuka ko Imana ariyo iduha “umukwe n’umugeni” (groom and bride).Ishaka ko Umugore n’Umugabo “baba umubiri umwe” nkuko Intangiriro 2,umurongo wa 24 havuga.Ikibabaje nuko ababyubahiriza aribo bake.Couples nyinshi zicana inyuma,bararwana,bagatandukana,ndetse bakicana.Hali n’ababeshya ko Imana ibemerera gushaka abagore benshi,nyamara Gutegeka kwa kabiri 17,umurongo wa 17 Imana ibitubuza.Niba dushaka kuzabaho iteka muli paradizo,tugomba kumvira Imana muli byose,harimo no kubana neza n’uwo twashakanye.

    Reply
  • +250 788235088 says:
    December 27, 2022 at 7:49 pm

    Ubukwe bwiza Abdul Nyirimana yagize bwanejeje imbaga, Cadette Imana ibubakire ,ndabakunda cyane

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?