BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 11, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Umuhanzikazi Monique Séka yageze mu Rwanda -AMAFOTO

Umuhanzikazi Monique Séka yageze mu Rwanda -AMAFOTO

admin
Last updated: August 23, 2022 1:22 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzikazi Monique Séka ukomoka mu gihugu cya Côté d’Ivoire, yageze i Kigali aho afite igitaramo gikomeye ategerejwemo kuri uyu wa 26 Kanama, kikazabera muri Camp Kigali

Icyamamare muri muzika Nyafurika Monique Séka yageze mu Rwanda

Uyu muhanzikazikazi yasesekaye i Kigali mu ijoro ryakeye aho aje kwitabira igitaramo cya Kigali Jazz Junction.

Akigera ku kibuga Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, yavuze ko yishimiye kugera bwa mbere mu Rwanda.

Yagize ati “Nishimiye kugera mu Rwanda bwa mbere ndabizi n’igihugu kiza gifite abaturage beza, sinjye uzabona kuwa gatanu hagera nkatarama.”

Yongeyeho ko yifuza ko abakunzi be bazishimana mu gusoza ukwezi kwa Kanama ati “Ndabona abakunzi banjye baza ku bwinshi kunshyigikira reka dusoze ukwezi kwa Kanama kuri uyu wa wa gatanu muri uyu mujyo.”

Muri iki gitaramo uyu Monique azaba ari kumwe na Mike Kayihura umaze guhamya ubuhanga ntashidikanywaho mu muziki wa LIVE mu Rwanda.

Monique Séka abyarwa n’umuririmbyi Okoi Séka wamamaye cyane mu myaka ya 1970 akaba ari nawe watoje umukobwa we umuziki.

Kwinjira muri iki gitaramo kizabera ku bari kugura amatike mbere ni ibihumbi 10 Frw mu myanya isanzwe.

Mu myanya y’icyubahiro ni ibihumbi 20Frw ahisumbuyeho hakaba ibihumbi 30 Frw naho ameza y’abantu umunani bikaba ibihumbi 240 Frw.

Abazagurira amatike ku muryango bo bakazayagura ku bihumbi 15 Frw mu myanya isanzwe, ibihumbi 25 Frw mu myanya y’icyubahio mu gihe iya VVIP yo izaba igura ibihumbi 40 Frw.

Igitaramo cya Kigali Jazz Junction ni ngaruka kwezi, ubushize cyatumiwemo Liliane Mbabazi uri mubakomeye mu gihugu cya Uganda.

Yizeje kuzatanga ibyishimo ku bazitabira igitaramo azakorera muri Camp Kigali
Monique Séka abyarwa na Séka Okoi  wabiciye mu myaka ya 1970

MUNEZERO MILLY FRED / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?