BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Umuhanzikazi Monique Séka yageze mu Rwanda -AMAFOTO

Umuhanzikazi Monique Séka yageze mu Rwanda -AMAFOTO

admin
Last updated: August 23, 2022 1:22 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzikazi Monique Séka ukomoka mu gihugu cya Côté d’Ivoire, yageze i Kigali aho afite igitaramo gikomeye ategerejwemo kuri uyu wa 26 Kanama, kikazabera muri Camp Kigali

Icyamamare muri muzika Nyafurika Monique Séka yageze mu Rwanda

Uyu muhanzikazikazi yasesekaye i Kigali mu ijoro ryakeye aho aje kwitabira igitaramo cya Kigali Jazz Junction.

Akigera ku kibuga Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, yavuze ko yishimiye kugera bwa mbere mu Rwanda.

Yagize ati “Nishimiye kugera mu Rwanda bwa mbere ndabizi n’igihugu kiza gifite abaturage beza, sinjye uzabona kuwa gatanu hagera nkatarama.”

Yongeyeho ko yifuza ko abakunzi be bazishimana mu gusoza ukwezi kwa Kanama ati “Ndabona abakunzi banjye baza ku bwinshi kunshyigikira reka dusoze ukwezi kwa Kanama kuri uyu wa wa gatanu muri uyu mujyo.”

Muri iki gitaramo uyu Monique azaba ari kumwe na Mike Kayihura umaze guhamya ubuhanga ntashidikanywaho mu muziki wa LIVE mu Rwanda.

Monique Séka abyarwa n’umuririmbyi Okoi Séka wamamaye cyane mu myaka ya 1970 akaba ari nawe watoje umukobwa we umuziki.

Kwinjira muri iki gitaramo kizabera ku bari kugura amatike mbere ni ibihumbi 10 Frw mu myanya isanzwe.

Mu myanya y’icyubahiro ni ibihumbi 20Frw ahisumbuyeho hakaba ibihumbi 30 Frw naho ameza y’abantu umunani bikaba ibihumbi 240 Frw.

Abazagurira amatike ku muryango bo bakazayagura ku bihumbi 15 Frw mu myanya isanzwe, ibihumbi 25 Frw mu myanya y’icyubahio mu gihe iya VVIP yo izaba igura ibihumbi 40 Frw.

Igitaramo cya Kigali Jazz Junction ni ngaruka kwezi, ubushize cyatumiwemo Liliane Mbabazi uri mubakomeye mu gihugu cya Uganda.

Yizeje kuzatanga ibyishimo ku bazitabira igitaramo azakorera muri Camp Kigali
Monique Séka abyarwa na Séka Okoi  wabiciye mu myaka ya 1970

MUNEZERO MILLY FRED / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
Politike

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

2 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?