BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jun 6, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > Umugore wabaye Umudepite yarasiwe iwe n’abantu batazwi

Umugore wabaye Umudepite yarasiwe iwe n’abantu batazwi

admin
Last updated: January 16, 2023 9:13 am
admin
Share
SHARE

Afghanistan: Umugore wabaye Depite n’umuntu wari ushinzwe kumurinda barashwe n’abantu batazwi mu rugo rwe i Kabul nk’uko byemejwe na Polisi.

Mursal Nabizada, yari afite imyaka 32 y’amavuko

Mursal Nabizada, yari afite imyaka 32 y’amavuko, ni Umudepite w’umugore wahisemo kuguma mu gihugu cye aho guhunga igihe Aba-Taliban bafataga ubutegetsi muri Kanama, 2021.

Musaza we ndetse n’undi muntu umurindira umutekano bakomerekejwe n’amasasu mu gitero cyabaye ku Cyumweru.

Umwe mu bakoranye n’uriya mudepite yavuze ko Nabizada ari umuntu utagiraga ubwoba akaba yaranze gukoresha amahirwe yahawe yo guhungishwa.

Aba-Taliban kuva bajya ku butegetsi muri 2021, abagore bagiye bakurwa mu myanya y’ubuyobozi bari bafite.

Umuvugizi wa Polisi i Kabul, Khalid Zadran yavuze ko hatangiye iperereza ryimbitse ku bijyanye na kiriya gitero.

Mariam Solaimankhil wabaye Umudepite yavuze ko nyakwigendera Nabizada yari umuyobozi nyawe, wihagazeho kandi akaba umugore utinyuka kuvuga no guhagarara ku byo yemera, ndetse kabone n’iyo byaba bimushyira mu kaga.

Yanditse kuri Twitter ati “Nubwo yahawe amahirwe yo guhunga Afghanistan, yahisemo kuhaguma akomeza kurwana ku baturage be.”

Nabizada, yakomokaga mu Ntara yo mu Burasirazuba yitwa Nangarhar, yatorewe kuba Umudepite ajya mu Nteko ishinga Amategeko i Kabul mu mwaka wa 2018 ndetse arahaguma no kugeza ubwo aba-Taliban bafataga ubutegetsi.

BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • agaciro peace says:
    January 16, 2023 at 4:41 pm

    Harya gupfa gutya kandi washoboraga kuba ugiye ahandi ndetse ukazagira n’akandi kamaro ubwo nibyo twita ubutwari? Guhangana n’abasazi

    Reply

Leave a Reply to agaciro peace Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije umunsi mukuru w’Igitambo uzwi nka EID AL ADHA.

Kuri uyu wa gatanu Abayisilamu bo hirya no hino mu gihugu bazindukiye…

Edgar wabaye perezida wa Zambia yitabye Imana ku myaka 68

Edgar Chagwa Lungu wabaye Perezida wa Zambia kuva muri Mutarama 2015 kugeza…

Abasirikare ba RDC babujijwe gushaka bataramaramo imyaka irindwi

Igisirikare cya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo cyategetse abasirikare bashya kuguma ari…

Tanzania yafunze urubuga rwa X irushinja gukwirakwiza amashusho y’ubusambanyi

Tanzania yafunze urubuga rwa X rwahoze ari Twitter irushinja kunyuzwaho amakuru ajyanye…

U Rwanda ana Algeria byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye

U Rwanda na Algeria byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye, azarushaho gukomeza…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Tanzania yafunze itorero rya Pantekote ryamaganye ishimutwa ry’abantu

2 Min Read
Mu mahanga

DRC: Minisitiri w’ubutabera yavuye kwizima yitaba ubushinjacyaha

1 Min Read
Mu mahanga

‎Ibinyamakuru byo muri RDC byabujijwe gutangaza inkuru za Kabila n’ishyaka rye

1 Min Read
Aziya

Namibia: Intare yishe mukerarugendo agiye ku bwiherero

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?