BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umugabo w’i Muhanga yasanzwe mu mugozi yapfuye

Umugabo w’i Muhanga yasanzwe mu mugozi yapfuye

admin
Last updated: November 22, 2022 4:24 pm
admin
Share
SHARE
Inzego zitandukanye z’Ubuyobozi zasanze Maniraguha Jean Claude w’imyaka 40 y’amavuko amanitse mu mugozi birakekwa ko yiyahuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye Nshimiyimana Jean Claude avuga ko bahawe amakuru ko Maniraguha Jean Claude yiyahuye bihutira kujyayo basanga yarangije gupfa.Gitifu Nshimiyimana yabwiye UMUSEKE ko umuturage uyu nyakwigendera yakodeshaga witwa Kampire  Angélique ariwe wabanje gutabaza inzego z’ibanze.Akavuga ko yari amaze iminsi amushakisha kugira ngo bavugane igihe azamwishyurira amafaranga y’ubukode ariko ntiyabasha kumubona kuko yageze no ku nzu yakodeshaga asanga ikingiye imbere.

Ati “Abayobozi b’Umudugudu nabo bagerageje gukomanga habura ukingura, mu gitondo bica idirishya basanga amanitse mu mugozi.”

Maniraguha Jean Claude yari atuye mu Mudugudu wa Nete, Akagari ka Remera mu Murenge wa Nyamabuye,  ariko Ubuyobozi bukavuga ko yakomokaga mu Kagari ka Makera ho mu Murenge wa  Cyeza.

Gitifu w’Umurenge Nshimiyimana akavuga ko amakuru bahawe n’Umuvandimwe we, Ntezimana Aloys bavukana nuko nta kindi kibazo yagiraga uretse kunywa inzoga cyane agasa n’uwabaswe nazo, biturutse ku buzima bubi yakuriyemo.

Uyu Muyobozi avuga ko hafashwe umwanzuro ko Umuryango we ujya kumushyingura nyuma yo kubonako urupfu rwe ariwe rwakomotseho.

MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Muhanga

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?