BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umugabo w’i Muhanga yasanzwe mu mugozi yapfuye

Umugabo w’i Muhanga yasanzwe mu mugozi yapfuye

admin
Last updated: November 22, 2022 4:24 pm
admin
Share
SHARE
Inzego zitandukanye z’Ubuyobozi zasanze Maniraguha Jean Claude w’imyaka 40 y’amavuko amanitse mu mugozi birakekwa ko yiyahuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye Nshimiyimana Jean Claude avuga ko bahawe amakuru ko Maniraguha Jean Claude yiyahuye bihutira kujyayo basanga yarangije gupfa.Gitifu Nshimiyimana yabwiye UMUSEKE ko umuturage uyu nyakwigendera yakodeshaga witwa Kampire  Angélique ariwe wabanje gutabaza inzego z’ibanze.Akavuga ko yari amaze iminsi amushakisha kugira ngo bavugane igihe azamwishyurira amafaranga y’ubukode ariko ntiyabasha kumubona kuko yageze no ku nzu yakodeshaga asanga ikingiye imbere.

Ati “Abayobozi b’Umudugudu nabo bagerageje gukomanga habura ukingura, mu gitondo bica idirishya basanga amanitse mu mugozi.”

Maniraguha Jean Claude yari atuye mu Mudugudu wa Nete, Akagari ka Remera mu Murenge wa Nyamabuye,  ariko Ubuyobozi bukavuga ko yakomokaga mu Kagari ka Makera ho mu Murenge wa  Cyeza.

Gitifu w’Umurenge Nshimiyimana akavuga ko amakuru bahawe n’Umuvandimwe we, Ntezimana Aloys bavukana nuko nta kindi kibazo yagiraga uretse kunywa inzoga cyane agasa n’uwabaswe nazo, biturutse ku buzima bubi yakuriyemo.

Uyu Muyobozi avuga ko hafashwe umwanzuro ko Umuryango we ujya kumushyingura nyuma yo kubonako urupfu rwe ariwe rwakomotseho.

MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Muhanga

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?