BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Sep 5, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > U Rwanda rwasubije HRW yavuze ko imva zo mu irimbi rya gisirikare zikomeje kwiyongera 

U Rwanda rwasubije HRW yavuze ko imva zo mu irimbi rya gisirikare zikomeje kwiyongera 

sam
Last updated: September 5, 2025 11:42 am
sam
Share
SHARE

U Rwanda rwanenze byimazeyo umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu HRW uvuga ko imva zo mu irimbi rya gisirikare i Kanombe zikomeje kwiyongera kuva umutwe wa M23 wafata umujyi WA Goma na Bukavu.

Ku wa 4 Nzeri 2025 HRW yatangaje ko mu bushakashatsi wakoze wifashishije satelite watahuye ubwiyongere bw’imva za gisirikare i Kanombe kuba M23 n’ingabo z’u Rwanda batangiza ibitero i Goma na Bukavu mu burasirazuba bwa DRC.

Uyu miryango uvuga ko kuva ku wa 15 Ukuboza 2024 ubwo imirwano yarikomeye mu bice bikije Goma imva zagisirikare I Kanombe zageze kuri 22 mu cyumweru.

HRW ivuga ko byibura imva nshya 1,171 mu irimbi rya gisirikare rya Kanombe izigeze kuri 460 yazigezemo ku wa 15 Ukuboza 2024 na 3 Nyakanga 2025.

U Rwanda rwanenze izi raporo binyuze mu muvugizi wa rwo Yolande Makolo abaza uyu miryango niba ubu bushakashatsi wakoze bufite Aho buhuriye n’uburenganzira bwa muntu imirimo isanzwe ushinzwe.

Yagize ati” uburyo bwo kujagajaga amarimbi yo mu Rwanda muri ubu buryo bihuriyehe n’uburenganzira bwa muntu? HWR ni inkundamigayo nzikunda kwiyobwranya no gushaka gukururira abantu mu bushake bwabo”.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwwrerane Olivier Nduhungirehe yabahuje uyu muryango impamvu iyi satelite utayikoresheje mu kwerekana amashusho y’imidugudu yo mu Nturo muri Masisi mbere cyangwa nyuma y’itwikwa ry’amazu ibihumbi 3 ya Abatutsi b’Abanyekongo bikozwe na Nyatura ,FDLR ndetse Wazalendo.

Yakomeje agira ati”Ese abatutsi bo muri Kongo batotezwa ntibaba “abantu” kuruta imva ziri mu marimbi yo mu Rwanda kugira ngo n’abo bahabwe inyungu za Human Rights Watch, byitwa “inzira y’uburenganzira bwa muntu”?

U Rwanda ruvuga ko ibi ari uguhisha amakosa y’igitero by’ubigizi bwa nabi bukorerwa abaturage hagamijwe kwegeka amakosa ku Rwanda.

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Muri Congo hongeye kugaragara icyorezo cya Ebola

Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeje ko abantu 15…

U Rwanda n’u Bushinwa basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’ubutabera

U Rwanda n’u Bushinwa basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu birebana n’ubutabera, hagati y’Ikigo…

Perezida Kagame yakiriye Zo’o Minto’o uyobora Ikigo Nyafurika cy’iby’indege

Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Nyafurika gishinzwe…

U Rwanda rwasubije HRW yavuze ko imva zo mu irimbi rya gisirikare zikomeje kwiyongera 

U Rwanda rwanenze byimazeyo umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu HRW uvuga ko…

Intambara iri mu burasirazuba bwa DRC ikomeje gukoma mu nkokora uburezi bwaho

Ubutegetsi bw'i Kinshasa muri Repibulika iharanira demokarasi ya Congo bwafashe icyemezo cyo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Ukraine yamaramaje ko nta butaka bwayo buzomekwa ku Burusiya

2 Min Read
Politike

DRC: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Urwego rushinzwe Iperereza

1 Min Read
Mu mahanga

Nestor Ntahontuye, yarahiriye kuyobora Guverinoma nshya nka Minisitiri w’Intebe mu Burundi.

1 Min Read
Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?