BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > U Rwanda n’u Bushinwa basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’ubutabera

U Rwanda n’u Bushinwa basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’ubutabera

sam
Last updated: September 5, 2025 3:21 pm
sam
Share
SHARE

U Rwanda n’u Bushinwa basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu birebana n’ubutabera, hagati y’Ikigo cy’ u Rwanda cy’Ibimenyetso bishingiye ku Bumenyi n’Ubuhanga bikoreshwa mu butabera (RFI) n’Ikigo cyo mu Bushinwa gipima uturemangingo ndangasano (DNA Service Center (Hong Kong).

Ayo masezerano yashyizweho umukono ahagarariwe na Minisitiri w’Ubutabera Dr Ugirashebuja Emmanuel ku ruhande rw’u Rwanda na Ambasaderi wa Repubulika ya Rubanda y’u Bushinwa mu Rwanda, GAO Wenqi.

Ubwo buryo ni intangiriro y’igihe cy’impinduka mu rwego rw’ubutabera bw’u Rwanda. Bizafasha mu isesengura rya ADN riteye imbere kugira ngo rikemure ibibazo bigoye, ibikoresho bikomeye byo kurinda abana, no kugenzura umwirondoro, ku buryo u Rwanda ruba icyitegererezo, ihuriro mu bijyanye no gufata ibimenyetso byifashishwa muri urwo rwego mu karere.

Minisitiri Dr Ugirashebuja yagize ati: “Ni intambwe ikomeye ku Rwanda, kongera ubushobozi bw’ubutabera, guteza imbere ubutabera no kurengera abaturage bacu. Hamwe n’u Bushinwa, twashyizeho urufatiro rw’u Rwanda nk’ihuriro ry’akarere ry’icyitegererezo mu by’amategeko.”

U Rwanda n’u Bushinwa ni ibihugu bisanzwe bifitanye umubano n’ubutwererane mu nzego zitandukanye, binyuze mu bikorwa remezo birimo kunoza imikoranire mu kubaka ibikorwa remezo nk’aho Ubushinwa bwubatse urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo ya II, rutanga megawati 28.

Mu bikorwa by’ubuhinzi bugamije kunoza imirire myiza, u Bushinwa bwagejeje mu Rwanda umushinga wo guhinga ibihumyo, ubu bikaba ari umushinga witabirwa cyane n’abahinzi babigize umwuga mu Rwanda.

Hari kandi kuba haranubatswe uruganda rwa Sima mu Rwanda, ubu rukora sima nziza mu Karere ka Muhanga ikaba iziba icyuho cyo gutumiza sima hanze y’u Rwanda, rwatanze akazi ku Banyarwanda, runazamura ubukungu muri rusange.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

Kongera gutsindira Manda ya munani kwa Paul Biya byateje imvururu zahitanye ubuzima bw’abatari bake

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

kurandura FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Ubushinjacyaha bwa Loni bwasabye ko Kabuga yoherezwa mu Rwanda

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’umuyobozi mukuru w’ itangazamakuru muri UAE

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?