BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > AFC/M23 yahishuye uko yavuganaga na Tshisekedi ikimara gufata Bunagana

AFC/M23 yahishuye uko yavuganaga na Tshisekedi ikimara gufata Bunagana

admin
Last updated: January 28, 2026 4:09 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 bwatangaje ko bwigeze kugerageza kwegera Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, nyuma yo gufata umujyi wa Bunagana, mu rwego rwo gushaka inzira ya politiki yahagarika imirwano, ariko ngo icyo cyifuzo cyateshejwe agaciro.

Muri Kamena 2022 ni bwo M23 yafashe uriya mujyi uherereye ku mupaka wa Congo na Uganda, nyuma y’amezi agera kuri arindwi yari imaze iri mu mirwano n’ingabo za Leta ya Kinshasa.

Impande zombi zagiye mu ntambara, mu gihe hari hashize igihe gito zigiranye ibiganiro byari bigamije gushakira umuti ibibazo birimo amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Congo, ndetse n’icy’impunzi z’abanye-Congo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bari bamaze imyaka myinshi barahunze.

Dr. Oscar Balinda, Umuvugizi wungirije wa M23, yavuze ko intumwa z’uyu mutwe zari zaragiye i Kinshasa aho zamaze igihe kinini mu biganiro n’inzego za Leta, bagaragaza icyizere cyo kugera ku bwumvikane.

Yagize ati: “Twoherejeyo (i Kinshasa) intumwa, uyu [Lawrence] Kanyuka dukorana yari mu bagiyeyo, bamarayo amezi 14. Hari ibyo baganiriye, byari na byiza pe!”

“Baravuze bati ‘tuvange ingabo, twubake diviziyo ebyiri buri imwe ifite brigade eshatu, diviziyo imwe ijye mu burengerazuba bw’igihugu irinde umutekano w’inzego nshyashya zigiyeho’, kuko icyo gihe ntibari bizeye inzego Kabila asizeho, bati ‘noneho indi Diviziyo igende iwanyu mu burasirazuba ijye gukemura bya bibazo muhora muvuga by’umutekano muke bya FDLR, ADF; na ya miryango yanyu muvuga ko yaheze hanze itahe”.

Nyuma yo kwigarurira Bunagana, M23 ivuga ko yongeye kugerageza kwegera Perezida Tshisekedi imusaba ibiganiro bigamije guhagarika intambara, ariko ngo yasubijwe amagambo agaragaza ko adashyigikiye inzira y’ibiganiro.

Dr. Oscar Balinda avuga ko Tshisekedi yakomeje umugambi wo kujya atera M23 na yo ikirwanaho, kugeza ifashe ibice byinshi byo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Kuva icyo gihe, imirwano yakomeje mu bice bitandukanye bya Kivu y’Amajyaruguru, aho M23 yagiye yigarurira uduce twinshi, harimo n’umujyi wa Goma umaze igihe ugenzurwa n’uyu mutwe.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

Bruce Melodie yamurikiye Ambasaderi Nyamvumba imishinga afite

1 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Gatsibo: Bahangayikishijwe n’ icyuzi gikomeje guhitana ubuzima bw’abatari bake

4 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Ba Ofisiye 47 basoje amahugurwa mu Ishuri Rikuru rya Polisi

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Umuvugizi wa FARDC yahagaritswe nyuma y’amagambo yibasira Abatutsi

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?