BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > U Rwanda na Zimbabwe byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego eshanu

U Rwanda na Zimbabwe byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego eshanu

sam
Last updated: August 6, 2025 4:08 pm
sam
Share
SHARE

U Rwanda na Zimbabwe byashyize umukono ku masezerano atanu mu nzego zitandukanye, zirimo ubuzima, guteza imbere urubyiruko, ubufatanye mu nzego za Polisi, urwego rw’ingufu no guhanahana amakuru ku bijyanye na za gasutamo.

Ni amasezerano yasinyiwe i Kigali kuri uyu wa 6 Kanama 2025, mu Nama ya Komisiyo y’Ubutwererane hagati y’u Rwanda na Zimbabwe ibaye ku nshuro ya gatatu yari imaze iminsi itatu ibera i Kigali.

Iyi nama ifatwa nk’urubuga rwo kwagura no kongerera imbaraga umubano w’ibihugu byombi, nyuma y’amasezerano yagiye asinywa ndetse n’ingendo z’abayobozi b’ibihugu byombi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubucuruzi Mpuzamahanga muri Zimbabwe Prof Amon Murwira, yavuze ko amasezerano basinyanye n’u Rwanda ageze ahashimishije kuko amaze gutanga umusaruro mu nzego zitandukanye ziteza imbere abaturage.

Binyuze mu bufatanye bw’Ibihugu byombi, muri Zimbabwe hubatswe umushinga wo gushyira amatara yo ku mihanda agera ku 1 200, umushinga ukaba warasojwe neza.

Zimbabwe kandi na yo yeherereje u Rwanda abarimu bo gufasha mu kwigisha ururimi rw’Icyongereza mu mashuri yisumbuye.

Muri Kamena 2025, Guverinoma y’u Rwanda yakiriye abarimu 150 bazaturutse muri Zimbabwe, bayongereye ku bandi 154 bari bageze mu gihugu.

Minisitiri Amon kandi yijeje ko igihugu cye kiteguye guha buruse abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri za kaminuza zaho, bifuza kwiga cyane cyane ibijyanye n’ikoranabuhanga n’inganda.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Amb. Olivier Nduhungirehe, na we yashimangiye ko intamwe imaze guterwa ishimishije ndetse ko hakomeje kurebwa uburyo imikoranire yakwagurwa.

Ati: “Ibyo ni ibikorwa bifatika bigaragaza ko u Rwanda na Zimbabwe, icyo twifuza ni ugufatanya mu bikorwa biteza imbere ubukungu, ibikorwa remezo n’imibibereho myiza y’abaturage b’ibihugu byombi kuko no muri iyi nama twasanze bitanga umusaruro, n’inama zikurikira tukaba tuzareba n’izindi nzego twafatanyamo.”

Nubwo hari byinshi byagezweho, ibihugu byombi bikomeje gushyira imbaraga mu kwagura ubufatanye mu by’ubucuruzi birimo koherezanya ibicuruzwa birimo iby’ubuhinzi n’ubworozi bitunganyijwe hakanubakwa ububiko bwabyo.

Ni ibihugu kandi byiyemeje gushyigikirana mu mahiganwa mpuzamahanga.

Zimbabwe yifuza kujya mu kanama mpuzamahanga gashinzwe umutekano ku Isi mu mwaka wa 2027/2028, mu gihe u Rwanda na rwo rwifuza kujya mu Ihuriro ry’Inteko Zishinzwe Amategeko ku Isi (IPU).

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yakiriye intumwa za EU baganira ku mutekano wo muri RDC mutekano wo mu karere ndetse n’ubufatanye.

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Bruce Melodie yamurikiye Ambasaderi Nyamvumba imishinga afite

1 Min Read
Inkuru Nyamukuru

AFC/M23 yahishuye uko yavuganaga na Tshisekedi ikimara gufata Bunagana

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Gatsibo: Bahangayikishijwe n’ icyuzi gikomeje guhitana ubuzima bw’abatari bake

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?