BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > U Rwanda na Barbados basinyanye amasezerano y’ingendo zo mu kirere

U Rwanda na Barbados basinyanye amasezerano y’ingendo zo mu kirere

admin
Last updated: November 9, 2022 2:00 pm
admin
Share
SHARE

U Rwanda rwasinyanye na Barbados amasezerano y’imikoranire mu bijyanye n’ingendo zo mu kirere yitezweho korohereza sosiyete ya Rwandair gukorera ingendo zo mu kirere muri iki gihugu.

Minisitiri Dr Nsabimana na Minisitiri w’Ububanye n’Amahanga wa Barbados Kerrie D. Symmonds basinya aya masezerano

Ni amasezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatatu, tariki 9 Ugushyingo 2022, aho ku ruhande rw’u Rwanda yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr. Ernest Nsabimana.

Minisitiri w’Ibikorwaremezo mu Rwanda, Dr Ernest Nsabimana nyuma yo gushyira umukono kuri aya masezerano yavuze ko ari intambwe nziza itewe mu koroshya ubuhahirane n’imigenderanire biciye mu ngendo zo mu kirere.

Yagize ati “Aya masezerano y’imikoranire mu ngendo zo mu kirere twasinye, agiye gufungura ikirere hagati y’ibihugu byombi kandi akoroshya urujya n’uruza rw’abantu, serivise ndetse bikazana n’amahirwe mashya y’imirimo ku baturage bacu.”

Minisitiri Dr Nsabimana yagaragaje ko nyuma yo gushyira umukono kuri aya masezerano y’imikoranire mu ngendo zo mu kirere, u Rwanda rugiye kureba uko indege za Rwandair zatangira gukorera ingendo muri Barbados.

Ku ruhande rwa Barbados, aya masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubabanyi n’amahanga  n’Ubucuruzi mpuzamahanga,  Kerrie D. Symmonds, washimangiye ko bifuza kubona vuba Rwandair ikorera ingendo muri Barbados.

Ni amasezerano ari mu murongo wa Guverinoma y’u Rwanda yo kuba igicumbi mu guteza imbere ingendo zo mu kirere ku Isi.

Uretse aya masezerano mu by’ingendo zo mu kirere, u Rwanda na Barbados basinye andi masezerano mu bijyanye no guteza imbere siporo cyane cyane mu mukino wa Road Tennis, aho Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju yagaragaje ko bagiye gutangiza uyu mukino kuko Barbados ifite inzobere muri wo.

Kugeza ubu mu Rwanda hamaze gutegurwa ahantu hatatu mu mujyi wa Kigali, ku buryo hazajya hakinirwa uyu mukino wa Road Tennis.

U Rwanda na Barbados bashyize umukono ku masezerano mu by’ingendo zo mu kirere

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Kurazikubone Jean says:
    November 9, 2022 at 5:59 pm

    Nonese RWANDAIR yabura guhomba ite isinya amasezerano nk’aya?

    Reply
    • mahoro jack says:
      November 10, 2022 at 9:06 am

      Nibura se tubwire ayo yasinya ikunguka Bamenya we!

      Reply

Leave a Reply to mahoro jack Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?