BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > U Rwanda na Barbados basinyanye amasezerano y’ingendo zo mu kirere

U Rwanda na Barbados basinyanye amasezerano y’ingendo zo mu kirere

admin
Last updated: November 9, 2022 2:00 pm
admin
Share
SHARE

U Rwanda rwasinyanye na Barbados amasezerano y’imikoranire mu bijyanye n’ingendo zo mu kirere yitezweho korohereza sosiyete ya Rwandair gukorera ingendo zo mu kirere muri iki gihugu.

Minisitiri Dr Nsabimana na Minisitiri w’Ububanye n’Amahanga wa Barbados Kerrie D. Symmonds basinya aya masezerano

Ni amasezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatatu, tariki 9 Ugushyingo 2022, aho ku ruhande rw’u Rwanda yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr. Ernest Nsabimana.

Minisitiri w’Ibikorwaremezo mu Rwanda, Dr Ernest Nsabimana nyuma yo gushyira umukono kuri aya masezerano yavuze ko ari intambwe nziza itewe mu koroshya ubuhahirane n’imigenderanire biciye mu ngendo zo mu kirere.

Yagize ati “Aya masezerano y’imikoranire mu ngendo zo mu kirere twasinye, agiye gufungura ikirere hagati y’ibihugu byombi kandi akoroshya urujya n’uruza rw’abantu, serivise ndetse bikazana n’amahirwe mashya y’imirimo ku baturage bacu.”

Minisitiri Dr Nsabimana yagaragaje ko nyuma yo gushyira umukono kuri aya masezerano y’imikoranire mu ngendo zo mu kirere, u Rwanda rugiye kureba uko indege za Rwandair zatangira gukorera ingendo muri Barbados.

Ku ruhande rwa Barbados, aya masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubabanyi n’amahanga  n’Ubucuruzi mpuzamahanga,  Kerrie D. Symmonds, washimangiye ko bifuza kubona vuba Rwandair ikorera ingendo muri Barbados.

Ni amasezerano ari mu murongo wa Guverinoma y’u Rwanda yo kuba igicumbi mu guteza imbere ingendo zo mu kirere ku Isi.

Uretse aya masezerano mu by’ingendo zo mu kirere, u Rwanda na Barbados basinye andi masezerano mu bijyanye no guteza imbere siporo cyane cyane mu mukino wa Road Tennis, aho Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju yagaragaje ko bagiye gutangiza uyu mukino kuko Barbados ifite inzobere muri wo.

Kugeza ubu mu Rwanda hamaze gutegurwa ahantu hatatu mu mujyi wa Kigali, ku buryo hazajya hakinirwa uyu mukino wa Road Tennis.

U Rwanda na Barbados bashyize umukono ku masezerano mu by’ingendo zo mu kirere

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Kurazikubone Jean says:
    November 9, 2022 at 5:59 pm

    Nonese RWANDAIR yabura guhomba ite isinya amasezerano nk’aya?

    Reply
    • mahoro jack says:
      November 10, 2022 at 9:06 am

      Nibura se tubwire ayo yasinya ikunguka Bamenya we!

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?