BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > U Burundi bwihakanye umukobwa waserukanye ikariso mu irushanwa ry’ubwiza

U Burundi bwihakanye umukobwa waserukanye ikariso mu irushanwa ry’ubwiza

admin
Last updated: November 17, 2022 9:40 am
admin
Share
SHARE

U Burundi bwihakanye umukobwa wambaye ikariso mu irushanwa ry’ubwiza rya Miss Earth 2022 riri kubera muri Philippinnes, buvuga ko agomba gukosorwa kubera kwica umuco w’igihugu.

 

U Burundi bwavuze ko butohereje Miss Lauria Claudine Nzirumbanje muri Philippines

Abakobwa 88 baturutse hirya no hino ku Isi nibo bahataniye ikamba rya Miss Earth rigiye gutangwa ku nshuro ya 22.

Umurundikazi Miss Laurie Nishimwe w’imyaka 21 ni umwe mu bakobwa benshi bavuye hirya no hino kw’isi biyerekeranye mu cyiciro cyo kwerekana ubwiza n’imiterere y’umubiri bambaye bikini.

Ku wa 15 Ugushyingo 2022, ifoto ya Miss Lauria Claudine Nzirumbanje yasakaye ku mbuga nkoranyambaga yambaye bikini mu irushanwa rya Miss Earth 2022, ibintu byatumye u Burundi bumwihakana izuba riva.

Ifoto ya Miss Lauria yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga, ashinjwa kwica nkana umuco w’u Burundi ku ruhando mpuzamahanga.

Ku wa 16 Ugushyingo 2022 Minisiteri ifite umuco na siporo mu nshingano mu Burundi, yababajwe n’imyitwarire ya Miss Lauria Claudine Nzirumbanje ivuga ko yatewe agahinda n’ifoto y’uyu mukobwa ngo werekanye ubwambure bwe ku karubanda.

Itangazo rya Minisiteri rigira riti “Minisiteri ifite umuco w’u Burundi mu nshingano yababajwe n’ imyitwarire y’uwitwa Lauria Claudine Nzirumbanje werekanye ubwambure bwe muri Miss Earth muri Philippines mu ifoto iri gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga.”

Iyi Minisiteri yavuze ko itazi namba uyu mukobwa ukiri muto ndetse ko n’imyambarire ye itesheje agaciro umuco w’u Burundi.

Iti “Ntabwo ahagarariye u Burundi kandi ibyo yakoze byose ni ku giti cye, bikwiye gukosorwa.”

Minisiteri ifite umuco na siporo mu nshingano mu Burundi ntiyeruye isomo rizahabwa uyu mukobwa uri mu irushanwa ry’ubwiza rizasozwa tariki ya 29 Ugushyingo 2022.

Miss Lauria Claudine mu mwambaro warikoroje mu Burundi
Bagenzi be bo mu bindi bihugu bitabiriye iri rushanwa

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • Q says:
    November 17, 2022 at 9:58 am

    Baramurenganya,none se ko aribyo yagiyemo yari kubyanga wenyine mubandi Bose akaba yarajyanyweyo n’iki?ni na mwiza ndi we nakwigumirayo singaruke murayo matiku.

    Reply
  • Anonymous says:
    November 17, 2022 at 11:07 am

    What is wrong with this poor countries?!! Who told them that wearing short stuffs or not wearing will make them rich?!! Fuck those stupid cultures

    Reply
  • Claude says:
    November 17, 2022 at 11:12 am

    Aziyizire iwacu tunamufashe kugera ku ndoto ze kandi abikore atabangamiye umuco.

    Reply

Leave a Reply to Anonymous Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki, aho kizitabitwa…

Gasabo: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga abaturage

Polisi ikorera mu Murenge wa Ndera n'uwa Rusororo ndetse n'uwa Gikomero yo…

Leta y’u Bushinwa igiye kujya iha ababyeyi 500 $ ku mwana mu rwego rwo kuzamura imbyaro

Ababyeyi mu Bushinwa bagiye kujya bahabwa 3,600 yuan (ni 500$ cyangwa arenga…

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

Minisiteri ya Siporo yatangaje ko itigeze ihagarika amatora ya Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Ciara yahawe ubwenegihugu bwa Bénin

2 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu wari ukurikiranyweho gufungirana abakobwa mu nzu yarekuwe

1 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu akurikiranyweho icyaha cyo gufungirana inkumi ebyiri

1 Min Read
Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?