BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > U Burundi bwihakanye umukobwa waserukanye ikariso mu irushanwa ry’ubwiza

U Burundi bwihakanye umukobwa waserukanye ikariso mu irushanwa ry’ubwiza

admin
Last updated: November 17, 2022 9:40 am
admin
Share
SHARE

U Burundi bwihakanye umukobwa wambaye ikariso mu irushanwa ry’ubwiza rya Miss Earth 2022 riri kubera muri Philippinnes, buvuga ko agomba gukosorwa kubera kwica umuco w’igihugu.

 

U Burundi bwavuze ko butohereje Miss Lauria Claudine Nzirumbanje muri Philippines

Abakobwa 88 baturutse hirya no hino ku Isi nibo bahataniye ikamba rya Miss Earth rigiye gutangwa ku nshuro ya 22.

Umurundikazi Miss Laurie Nishimwe w’imyaka 21 ni umwe mu bakobwa benshi bavuye hirya no hino kw’isi biyerekeranye mu cyiciro cyo kwerekana ubwiza n’imiterere y’umubiri bambaye bikini.

Ku wa 15 Ugushyingo 2022, ifoto ya Miss Lauria Claudine Nzirumbanje yasakaye ku mbuga nkoranyambaga yambaye bikini mu irushanwa rya Miss Earth 2022, ibintu byatumye u Burundi bumwihakana izuba riva.

Ifoto ya Miss Lauria yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga, ashinjwa kwica nkana umuco w’u Burundi ku ruhando mpuzamahanga.

Ku wa 16 Ugushyingo 2022 Minisiteri ifite umuco na siporo mu nshingano mu Burundi, yababajwe n’imyitwarire ya Miss Lauria Claudine Nzirumbanje ivuga ko yatewe agahinda n’ifoto y’uyu mukobwa ngo werekanye ubwambure bwe ku karubanda.

Itangazo rya Minisiteri rigira riti “Minisiteri ifite umuco w’u Burundi mu nshingano yababajwe n’ imyitwarire y’uwitwa Lauria Claudine Nzirumbanje werekanye ubwambure bwe muri Miss Earth muri Philippines mu ifoto iri gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga.”

Iyi Minisiteri yavuze ko itazi namba uyu mukobwa ukiri muto ndetse ko n’imyambarire ye itesheje agaciro umuco w’u Burundi.

Iti “Ntabwo ahagarariye u Burundi kandi ibyo yakoze byose ni ku giti cye, bikwiye gukosorwa.”

Minisiteri ifite umuco na siporo mu nshingano mu Burundi ntiyeruye isomo rizahabwa uyu mukobwa uri mu irushanwa ry’ubwiza rizasozwa tariki ya 29 Ugushyingo 2022.

Miss Lauria Claudine mu mwambaro warikoroje mu Burundi
Bagenzi be bo mu bindi bihugu bitabiriye iri rushanwa

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • Q says:
    November 17, 2022 at 9:58 am

    Baramurenganya,none se ko aribyo yagiyemo yari kubyanga wenyine mubandi Bose akaba yarajyanyweyo n’iki?ni na mwiza ndi we nakwigumirayo singaruke murayo matiku.

    Reply
  • Anonymous says:
    November 17, 2022 at 11:07 am

    What is wrong with this poor countries?!! Who told them that wearing short stuffs or not wearing will make them rich?!! Fuck those stupid cultures

    Reply
  • Claude says:
    November 17, 2022 at 11:12 am

    Aziyizire iwacu tunamufashe kugera ku ndoto ze kandi abikore atabangamiye umuco.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Imyidagaduro

Nicki Minaj yasabye Jay-Z kumwishyura arenga miliyoni 100

2 Min Read
Imyidagaduro

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yibarutse ubuheta

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?