BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Sep 1, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Tshisekedi yiyemeje gusabira Trump igihembo cya Nobel nashobora gukemura iyi ntambara

Tshisekedi yiyemeje gusabira Trump igihembo cya Nobel nashobora gukemura iyi ntambara

sam
Last updated: June 27, 2025 7:24 am
sam
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika iharanira demokarasi ya Congo Félix Tshisekedi yatangaje ko perezida Donald Trump wa leta zunze ubumwe za Amerika naramuka ashoboye guhagarika intambara iri mu burasirazuba bw’igihugu cye azaba uwambere mu kumusabira igihembo cy’amahoro kitiriwe Nobel.

Yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Africa Flashes Hariana Verás Victória mu cyumweru gishize .

Abitangaje nyuma y’uko perezida Trump yikomanze ku gatuza avuga ko anejejwe no kugeza u Rwanda na DRC ku mahoro arambye binyuze mu gusinya amasezerano y’amahoro.

Tshisekedi yasobanuye ko Trump, nk’umuyobozi uhagarariye igihugu gikomeye ku Isi, afite ubushobozi bwo guhagarika intambara imaze imyaka 30 mu burasirazuba bwa RDC.

Yagize ati “Iyi ntambara idafite ishingiro nirangira, intambara yishe ibihumbi amagana, umuntu yanavuga ko barenga abo mu ntambara ya kabiri y’Isi, Trump agashobora kuyihagarika binyuze mu buhuza, azaba akwiye iki gihembo cya Nobel. Nzaba uwa mbere mu bazamutora.”

Kuri uyu wa 27 Kamena  byitezwe ko u Rwanda na DRC bishyira umukono ku  amasezerano y’amahoro i WashingTon DC bikozwe n’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga kuva 13:30 i Washington biraba ari 18:30 i Kinshasa na 19:30 i Kigali.

U Rwanda rurahagararirwa na Amb Olivier Nduhungirehe DRC ihagararirwe Thérese Kayikwamba.

Bite ganyijwe ko azashyirwaho umukono na Perezida Paul Kagame na Tshisekedi mu kwezi gutaha i Washington mbere y’uko atangira gushyirwa mu bikorwa.

 

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika yamaganye uburyo agahenge katubahirizwa muri RDC

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaganye uburyo agahenge katubahirizwa hagati y’impande zihanganiye…

RRA yatanze miliyoni 464 Frw TVA ku baguzi basabye fagitire za EBM

Ikigo cy’imisoro n’Amahoro (RRA), kuri uyu wa Gatanu tariki 15 kanama, cyatanze…

Pakistan: Imyuzure imaze guhitana abarenga 300

Inzego z’ubuyobozi zo muri Pakistan zavuze ko imvura nyinshi yateje imyuzure n’inkangu…

Hamenyekanye imibare y’abapfiriye mu mirwano y’Ingabo za RDC na Wazalendo

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyatangaje ko imirwano y’abasirikare bacyo,…

Guhura kwa perezida Trump na Putin kwateje impagarara

Abashyigikiye Ukraine babarirwa mu bihumbi bateguye imyigaragambyo yamagana umuhuro wa perezida wa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Ukraine yamaramaje ko nta butaka bwayo buzomekwa ku Burusiya

2 Min Read
Politike

DRC: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Urwego rushinzwe Iperereza

1 Min Read
Mu mahanga

Nestor Ntahontuye, yarahiriye kuyobora Guverinoma nshya nka Minisitiri w’Intebe mu Burundi.

1 Min Read
Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?