BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 5, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Tshisekedi yiyemeje gusabira Trump igihembo cya Nobel nashobora gukemura iyi ntambara

Tshisekedi yiyemeje gusabira Trump igihembo cya Nobel nashobora gukemura iyi ntambara

sam
Last updated: June 27, 2025 7:24 am
sam
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika iharanira demokarasi ya Congo Félix Tshisekedi yatangaje ko perezida Donald Trump wa leta zunze ubumwe za Amerika naramuka ashoboye guhagarika intambara iri mu burasirazuba bw’igihugu cye azaba uwambere mu kumusabira igihembo cy’amahoro kitiriwe Nobel.

Yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Africa Flashes Hariana Verás Victória mu cyumweru gishize .

Abitangaje nyuma y’uko perezida Trump yikomanze ku gatuza avuga ko anejejwe no kugeza u Rwanda na DRC ku mahoro arambye binyuze mu gusinya amasezerano y’amahoro.

Tshisekedi yasobanuye ko Trump, nk’umuyobozi uhagarariye igihugu gikomeye ku Isi, afite ubushobozi bwo guhagarika intambara imaze imyaka 30 mu burasirazuba bwa RDC.

Yagize ati “Iyi ntambara idafite ishingiro nirangira, intambara yishe ibihumbi amagana, umuntu yanavuga ko barenga abo mu ntambara ya kabiri y’Isi, Trump agashobora kuyihagarika binyuze mu buhuza, azaba akwiye iki gihembo cya Nobel. Nzaba uwa mbere mu bazamutora.”

Kuri uyu wa 27 Kamena  byitezwe ko u Rwanda na DRC bishyira umukono ku  amasezerano y’amahoro i WashingTon DC bikozwe n’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga kuva 13:30 i Washington biraba ari 18:30 i Kinshasa na 19:30 i Kigali.

U Rwanda rurahagararirwa na Amb Olivier Nduhungirehe DRC ihagararirwe Thérese Kayikwamba.

Bite ganyijwe ko azashyirwaho umukono na Perezida Paul Kagame na Tshisekedi mu kwezi gutaha i Washington mbere y’uko atangira gushyirwa mu bikorwa.

 

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika: Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure

Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure wibasiye abaturage muri Leta ya Texas…

Burundi: Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge kiri kubahindura abasazi

Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge bise 'Boost' kivangavanzemo ibinyabutabire nka Cocaine n’ibindi. Iyi…

Leta ya DRC igize icyo ivuga ku biganiro byayo na AFC/M23 i Doha

Guverinoma ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ku nshuro yambere ivuze ku…

Perezida Kagame yashimye umuhate wa Trump ku kibzo cya RDC ugereranije n’abandi

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ubutegetsi bwa Donald Trump uyoboye Leta Zunze…

Perezida Kagame yavuze icyo u Rwanda ruzakora DRC nidasenya FDLR 

Perezida Paul Kagame yavuze ku ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano y'amahoro aherutse gushyirwaho…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igenzura ubutaka bufite ubuso burenga kilometero kare ibihumbi 34

1 Min Read
Politike

Macron, Zelensky n’abandi bayobozi bakiriye amasezerano y’u Rwanda na RDC nk’intambwe ikomeye

4 Min Read
Politike

DRC: Olusegun Obasanjo yasuye  Tshisekedi akubutse mu Rwanda

1 Min Read
Politike

Leta ya RDC yarakajwe n’abahagarariye urwego rw’akarere baganiriye na AFC/M23

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?