BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Tito Rutaremara yanenze ubushobozi bwa Tshisekedi n’abafatanya na we kuyobora Congo

Tito Rutaremara yanenze ubushobozi bwa Tshisekedi n’abafatanya na we kuyobora Congo

admin
Last updated: December 14, 2022 7:54 pm
admin
Share
SHARE

Inararibonye muri politike, Tito Rutaremara yahishuye ko akavuyo na mpatsibihugu muri Congo biterwa n’ubumenyi buke bw’abayobora iki gihugu uhereye kuri Perezida Felix Tshisekedi wakuriye i Burayi.

Tito Rutaremara yanenze ubushobozi n’ubumenyi bwa Tshisekedi uyobora Congo

Ni ibintu yagagaragaje anyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, aho Tito Rutaremara, uyobora Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye yavuze ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo izitiwe n’ibibazo iterwa na mpatsibihugu n’ubushobozi buke bw’abayobozi bayobora iki gihugu.

Yagaragaje ko Perezida wa Congo, Felix Antoine Tshisekedi nabo bafatanyije kuyobora igihugu, bakuriye mu buzima butuma umutungo w’igihugu wisahurirwa na za mpatsibihugu kandi abaturage bicwa n’inzara.

Yagize ati “Felix Tshisekedi yarerewe muri mitekerereze n’ibitekerezo bya Mobuto, aho burinwese yirwanaho uko ashoboye, yakuriye i Bruxelles (mu Bubiligi) muri Matonge, aho yazunguzaga pizza, akabona udufaranga two kugura custume (ikote) n’inkweto birenze bya caguwa cyangwa yakodesheje. Wikendi akajya kubyina dombolo mu tubyiniro, agasindisha abakobwa b’abazungu cyangwa abirabura bitukuje, bene nk’uyu niwe mpatsibihugu izana kuyobora Afurika.”

Tito Rutaremara yagaragaje ko ubumenyi bwa Felix Tshisekedi bugerwa ku mashyi, ariyo mpamvu umutungo kamere w’igihugu utwarwa, abaturage bo bakicwa n’inzara.

Ati “Ntibitangaje ko ubu ayobora Congo, igihugu cy’ubukungu bwinshi, mpatsibihugu izakomeza kwitwarira iwabo abanyekongo bakicwa n’inzara. Felix Tshisekedi uburezi bw’ibanze ntabwo, imitekrereze ku iterambere ry’abaturage ntayo, ubumenyi mu bya politiki zero.”

Yakomeje agira ati “Congo yose iri mu kavuyo, ibihugu biyikikije induru ya Congo n’abanyekongo ibageze kure, nk’uko mpatsibihugu idakunda ibintu bitunganye muri Afurika, ibibazo byose bya Congo babisunikira u Rwanda.”

Tito Rutaremara yanakomoje ku birego Congo ishinja u Rwanda, yibutsa amahanga ko agaciro k’u Rwanda n’abanyarwanda ari ntayegayezwa, gusa atunga agatoki imikorere y’imiryango mpuzamahanga itita ku kibazo cya FDLR igamije guhunganya umutekano w’u Rwanda yahungiye muri Congo ikakirwa na yombi kandi isize ikoze Jenoside.s

Ashimangira ko abasirikare b’Umuryango w’Abibumbye muri Congo ba MONUSCO, SADAC n’abandi boherejwe muri Congo kurwanya umutwe wa M23 bakiwye no guhagurukira umutwe wa FDLR.

Ati “Aba bose iyo M23 idahari bigira muri magendu, nta n’umwe urwanya FDLR, ese aba ba EAC siko bizagenda? Kuki FDLR itarwanywa aho ntihari impamvu mpatsibihugu adashaka kwerekana.”

Tito Rutaremara akomoza ku birego biregwa u Rwanda byo kwiba amabuye y’agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko kompanyi ziyacukura zizwi naho ziyajyana, ariyo mpamvu bitakageretswe ku gihugu amahanga nayo azi neza ko gishinzwa ibinyoma.

Yavuze ibi mu gihe abayobozi ba Congo n’amahanga badahwema  gushinja u Rwanda kuba inyuma y’umutekano uri mu Burasirazuba, aho ruregwa gutera inkunga umutwe wa M23 ukomeje guhangana n’ingabo za leta, FARDC. Gusa u Rwanda rwakomeje kwibutsa ko ibibazo bya Congo bireba Abanye-Congo ubwabo.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
8 Comments
  • Rugamba says:
    December 14, 2022 at 11:48 pm

    UBUCYIRE BWA CONGO AHO KUJYA MU BWONKO BWABATURAGE BABO BWAGIYE MU BUTAKA.BIRABABAJE.

    Reply
  • Ndengejeho Pascal Baylon says:
    December 15, 2022 at 8:00 am

    Nyakubahwa Rutaremara! Kuba mukuze kandi mwitwa “inararibonye” bibaha ububasha bwo kutubwira amateka no kutugira inama. Gusa ibi byagira akamaro mugiye mubivanamo amarangamutima. Gusebya abo mutavugarumwe cyanga abo mwita abanzi cyanga abakeba, ntibikwiriye kubabarwaho. Ingero ni nyinshi ariko twasubira muri nke mubyo mwavuze. Ngo Thisekedi ntiyize nta bushobozi bwo kuyobora afite. Ese muri Afurika – uhereye iwacu – abamurusha amashuri ni bangahe? Gusa n’ubwo uvuga ibi, njye nasanze amashuri atariyo gipimo cyo kuyobora! Ikindi nacyo umuntu yakwibazaho ni ugukomeza kwawe k’ukuntu ibibazo bya Kongo bifite aho bihurira n’Urwanda. Kongo yamye itekanye kugeza muri 1990, ubwo APR yateraga Urwanda yifashishije urubyiruko itoraguye muri Kongo. Urwanda rwateye Kongo inshuro zirenze imwe. Iby’ubukungu nabyo biri muri za raporo nyinshi. Urabihakana se? Wiyobya amateka ukuze!

    Reply
  • Jado says:
    December 15, 2022 at 10:35 am

    Pascal uvuga ngo kongo yamye itekanye kuva 1990 ushobora kuba aribwo wowe wayimenye cg aribwo warutangiye guca akenge,kongo nkibihugu byinshi by Africa akajagali kayo sakanone,ariko bimwe bigenda bigerageza kigira icyo bikora,naho kwibasira mzehe Tito byihorere kuko abazi neza kongo bose baziko ko ibyo avuze arukuli ijana ku rindi.

    Reply
  • Gaston says:
    December 16, 2022 at 9:08 am

    Ngo Tshisekedi yabaye umuzunguzayi wa Pizaa! Ko ubanza uwo murimo w’ubuzunguzayi atari we wawukoze wenyine ra? Ubwo se n’abandi bose bawukoze tubaciye amazi? Muri Eastern African Community honyine, hari abaprezida 2 bawukoze.

    Reply
  • Safari says:
    December 16, 2022 at 9:09 am

    Nyakubahwa Rutaremara, umuntu akwiye kuba yarize amashuri angahe kugira ngo abe prezida?

    Reply
  • Ryamukuru says:
    December 16, 2022 at 9:13 am

    Imiyoborere ya Kongo ko ireba abanyekongo, twe turayivangamo dushaka iki? Hari amagambo adakwiranye n’imyaka nk’iyo Tito Rutaremara afite. Ingeso yo kubahuka abayobozi b’ibihugu tuzayicikaho bigenze gute? Ngaho bamwe ngo babyawe n’indaya cyangwa ni indaya, abandi ngo barihisha ntawumenya iyo baba, abandi ngo ntibazamenya ikibakubise…. Ubu nibwo bupfura abanyarwanda dusigaranye koko?

    Reply
  • Maso says:
    December 16, 2022 at 10:28 am

    Ngaho mu nyandiko itaha Tito Rutaremara azafate na Prezida William Ruto wa Kenya amwandagaze, kuko nawe mu buto bwe yacuruzaga ubunyobwa n’inkoko ku muhanda nk’uko bivugwa muri iyi ndandiko ya BBC: “William Ruto – who is Kenya’s new president – had a childhood that epitomises the lives of many poor Kenyans. He went to primary school barefoot, wearing his first pair of shoes at the age of 15. He also sold chicken and groundnuts by the roadside in rural areas of the Rift Valley. So it came as no surprise that he portrayed himself as the champion of the poor as he vied for the presidency in the 9 August election”. (https://www.bbc.com/news/world-africa-24017899)

    Reply
  • Iyakare says:
    December 16, 2022 at 10:35 am

    Bigenda gute ngo mu mutima w’umuntu hahoremo indurwe kandi mu buzima busanzwe ntacyo abuze?

    Reply

Leave a Reply to Maso Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

DRC: Abadepite bo muri Kivu ya Ruguru barataka ubukene kubera kudahembwa

Abadepite bo ku rwego rw’intara muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira…

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani,…

Musanze: Yafatanywe ibiro bisaga 6 by’urumogi arimo kurukwirakwiza

Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, tariki ya 16 werurwe 2026,…

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?