BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Tito Rutaremara yanenze ubushobozi bwa Tshisekedi n’abafatanya na we kuyobora Congo

Tito Rutaremara yanenze ubushobozi bwa Tshisekedi n’abafatanya na we kuyobora Congo

admin
Last updated: December 14, 2022 7:54 pm
admin
Share
SHARE

Inararibonye muri politike, Tito Rutaremara yahishuye ko akavuyo na mpatsibihugu muri Congo biterwa n’ubumenyi buke bw’abayobora iki gihugu uhereye kuri Perezida Felix Tshisekedi wakuriye i Burayi.

Tito Rutaremara yanenze ubushobozi n’ubumenyi bwa Tshisekedi uyobora Congo

Ni ibintu yagagaragaje anyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, aho Tito Rutaremara, uyobora Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye yavuze ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo izitiwe n’ibibazo iterwa na mpatsibihugu n’ubushobozi buke bw’abayobozi bayobora iki gihugu.

Yagaragaje ko Perezida wa Congo, Felix Antoine Tshisekedi nabo bafatanyije kuyobora igihugu, bakuriye mu buzima butuma umutungo w’igihugu wisahurirwa na za mpatsibihugu kandi abaturage bicwa n’inzara.

Yagize ati “Felix Tshisekedi yarerewe muri mitekerereze n’ibitekerezo bya Mobuto, aho burinwese yirwanaho uko ashoboye, yakuriye i Bruxelles (mu Bubiligi) muri Matonge, aho yazunguzaga pizza, akabona udufaranga two kugura custume (ikote) n’inkweto birenze bya caguwa cyangwa yakodesheje. Wikendi akajya kubyina dombolo mu tubyiniro, agasindisha abakobwa b’abazungu cyangwa abirabura bitukuje, bene nk’uyu niwe mpatsibihugu izana kuyobora Afurika.”

Tito Rutaremara yagaragaje ko ubumenyi bwa Felix Tshisekedi bugerwa ku mashyi, ariyo mpamvu umutungo kamere w’igihugu utwarwa, abaturage bo bakicwa n’inzara.

Ati “Ntibitangaje ko ubu ayobora Congo, igihugu cy’ubukungu bwinshi, mpatsibihugu izakomeza kwitwarira iwabo abanyekongo bakicwa n’inzara. Felix Tshisekedi uburezi bw’ibanze ntabwo, imitekrereze ku iterambere ry’abaturage ntayo, ubumenyi mu bya politiki zero.”

Yakomeje agira ati “Congo yose iri mu kavuyo, ibihugu biyikikije induru ya Congo n’abanyekongo ibageze kure, nk’uko mpatsibihugu idakunda ibintu bitunganye muri Afurika, ibibazo byose bya Congo babisunikira u Rwanda.”

Tito Rutaremara yanakomoje ku birego Congo ishinja u Rwanda, yibutsa amahanga ko agaciro k’u Rwanda n’abanyarwanda ari ntayegayezwa, gusa atunga agatoki imikorere y’imiryango mpuzamahanga itita ku kibazo cya FDLR igamije guhunganya umutekano w’u Rwanda yahungiye muri Congo ikakirwa na yombi kandi isize ikoze Jenoside.s

Ashimangira ko abasirikare b’Umuryango w’Abibumbye muri Congo ba MONUSCO, SADAC n’abandi boherejwe muri Congo kurwanya umutwe wa M23 bakiwye no guhagurukira umutwe wa FDLR.

Ati “Aba bose iyo M23 idahari bigira muri magendu, nta n’umwe urwanya FDLR, ese aba ba EAC siko bizagenda? Kuki FDLR itarwanywa aho ntihari impamvu mpatsibihugu adashaka kwerekana.”

Tito Rutaremara akomoza ku birego biregwa u Rwanda byo kwiba amabuye y’agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko kompanyi ziyacukura zizwi naho ziyajyana, ariyo mpamvu bitakageretswe ku gihugu amahanga nayo azi neza ko gishinzwa ibinyoma.

Yavuze ibi mu gihe abayobozi ba Congo n’amahanga badahwema  gushinja u Rwanda kuba inyuma y’umutekano uri mu Burasirazuba, aho ruregwa gutera inkunga umutwe wa M23 ukomeje guhangana n’ingabo za leta, FARDC. Gusa u Rwanda rwakomeje kwibutsa ko ibibazo bya Congo bireba Abanye-Congo ubwabo.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
8 Comments
  • Rugamba says:
    December 14, 2022 at 11:48 pm

    UBUCYIRE BWA CONGO AHO KUJYA MU BWONKO BWABATURAGE BABO BWAGIYE MU BUTAKA.BIRABABAJE.

    Reply
  • Ndengejeho Pascal Baylon says:
    December 15, 2022 at 8:00 am

    Nyakubahwa Rutaremara! Kuba mukuze kandi mwitwa “inararibonye” bibaha ububasha bwo kutubwira amateka no kutugira inama. Gusa ibi byagira akamaro mugiye mubivanamo amarangamutima. Gusebya abo mutavugarumwe cyanga abo mwita abanzi cyanga abakeba, ntibikwiriye kubabarwaho. Ingero ni nyinshi ariko twasubira muri nke mubyo mwavuze. Ngo Thisekedi ntiyize nta bushobozi bwo kuyobora afite. Ese muri Afurika – uhereye iwacu – abamurusha amashuri ni bangahe? Gusa n’ubwo uvuga ibi, njye nasanze amashuri atariyo gipimo cyo kuyobora! Ikindi nacyo umuntu yakwibazaho ni ugukomeza kwawe k’ukuntu ibibazo bya Kongo bifite aho bihurira n’Urwanda. Kongo yamye itekanye kugeza muri 1990, ubwo APR yateraga Urwanda yifashishije urubyiruko itoraguye muri Kongo. Urwanda rwateye Kongo inshuro zirenze imwe. Iby’ubukungu nabyo biri muri za raporo nyinshi. Urabihakana se? Wiyobya amateka ukuze!

    Reply
  • Jado says:
    December 15, 2022 at 10:35 am

    Pascal uvuga ngo kongo yamye itekanye kuva 1990 ushobora kuba aribwo wowe wayimenye cg aribwo warutangiye guca akenge,kongo nkibihugu byinshi by Africa akajagali kayo sakanone,ariko bimwe bigenda bigerageza kigira icyo bikora,naho kwibasira mzehe Tito byihorere kuko abazi neza kongo bose baziko ko ibyo avuze arukuli ijana ku rindi.

    Reply
  • Gaston says:
    December 16, 2022 at 9:08 am

    Ngo Tshisekedi yabaye umuzunguzayi wa Pizaa! Ko ubanza uwo murimo w’ubuzunguzayi atari we wawukoze wenyine ra? Ubwo se n’abandi bose bawukoze tubaciye amazi? Muri Eastern African Community honyine, hari abaprezida 2 bawukoze.

    Reply
  • Safari says:
    December 16, 2022 at 9:09 am

    Nyakubahwa Rutaremara, umuntu akwiye kuba yarize amashuri angahe kugira ngo abe prezida?

    Reply
  • Ryamukuru says:
    December 16, 2022 at 9:13 am

    Imiyoborere ya Kongo ko ireba abanyekongo, twe turayivangamo dushaka iki? Hari amagambo adakwiranye n’imyaka nk’iyo Tito Rutaremara afite. Ingeso yo kubahuka abayobozi b’ibihugu tuzayicikaho bigenze gute? Ngaho bamwe ngo babyawe n’indaya cyangwa ni indaya, abandi ngo barihisha ntawumenya iyo baba, abandi ngo ntibazamenya ikibakubise…. Ubu nibwo bupfura abanyarwanda dusigaranye koko?

    Reply
  • Maso says:
    December 16, 2022 at 10:28 am

    Ngaho mu nyandiko itaha Tito Rutaremara azafate na Prezida William Ruto wa Kenya amwandagaze, kuko nawe mu buto bwe yacuruzaga ubunyobwa n’inkoko ku muhanda nk’uko bivugwa muri iyi ndandiko ya BBC: “William Ruto – who is Kenya’s new president – had a childhood that epitomises the lives of many poor Kenyans. He went to primary school barefoot, wearing his first pair of shoes at the age of 15. He also sold chicken and groundnuts by the roadside in rural areas of the Rift Valley. So it came as no surprise that he portrayed himself as the champion of the poor as he vied for the presidency in the 9 August election”. (https://www.bbc.com/news/world-africa-24017899)

    Reply
  • Iyakare says:
    December 16, 2022 at 10:35 am

    Bigenda gute ngo mu mutima w’umuntu hahoremo indurwe kandi mu buzima busanzwe ntacyo abuze?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?