BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Tanzania: Igipolisi cyatangiye gusenyera impunzi z’Abarundi mu nkambi

Tanzania: Igipolisi cyatangiye gusenyera impunzi z’Abarundi mu nkambi

admin
Last updated: January 7, 2026 6:40 pm
admin
Share
SHARE

Tanzaniya ikomeje politiki yayo yo gusenya inzu z’impunzi z’Abarundi mu nkambi za Nduta na Nyarugusu mu rwego rwo kubahatira gusubira iwabo mu Burundi, aho bahunze baturuka kuva mu 2015.

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 7 Mutarama, abapolisi batangiye gusenya inzu zo muri Zoneya 17 y’Inkambi y’Impunzi ya Nduta. Igikorwa cyatangiriye mu midugudu iri mu nkengero z’inkambi mbere yo kwimukira muri zone ya 17.

Impunzi zimaze kwiyandikisha ngo zizasubizwe iwabo ni zo zemerewe gukuramo ibintu byabo.

Nk’uko amakuru agera kuri RPA abitangaza, bamwe bashoboye kurokora amahema yabo n’imyenda yabo, ariko ku batariyandikishije, ibintu byose byasenyutse.

Biravugwa ko impunzi ziturutse mu zindi zone zabujijwe kwegera aho hantu, kandi umuntu wese ugerageza gufata amafoto yatawe muri yombi.

Umutangabuhamya yavuze ko hafashwe telefoni kandi abapolisi bakoresheje ibyuka biryana mu maso n’inkoni mu kwigizayo abantu bageragezaga kubegera, avuga ko umugabo witwa Octave ari we nyirabayazana w’ibyo bikorwa.

Impunzi z’Abarundi ziri mu Nkambi ya Nduta zirahamagarira UNHCR n’Umuryango Mpuzamahanga gutabara.

Impunzi imwe yagize ati: “Turahamagarira UNHCR n’Umuryango Mpuzamahanga kuva mu guceceka kwabo. Turabizi ko nidusubira mu Burundi, tuzicwa umwe umwe”.

Iki gikorwa cyo gusenya kandi kirakomeje mu Nkambi ya Nyarugusu, aho inzu zo muri zone ebyiri zamaze gusenywa.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

U Budage: Umuforomo yishe abarwayi agamije kwiyorohereza akazi

2 Min Read
Mu mahanga

Kinshasa: Abakekwaho ubujura barenga ibihumbi 7 bafunzwe

1 Min Read
Mu mahanga

U Bufaransa: Abantu 10 bakatiwe n’urukiko bazira kwibasira umugore wa Perezida

1 Min Read
Mu mahanga

Togo igiye gusubiza Leta ya RDC na AFC/M23 mu biganiro by’amahoro

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?