BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Syria: Umutwe w’iterabwoba wigambye gutega igisasu mu musigiti cyahitanye ubuzima bwa bamwe

Syria: Umutwe w’iterabwoba wigambye gutega igisasu mu musigiti cyahitanye ubuzima bwa bamwe

admin
Last updated: December 27, 2025 11:00 am
admin
Share
SHARE

 

Umwe mu mitwe y’iterabwoba wigambye gutega igisasu mu musigiti cyahitanye abantu 8 abandi 18 barakomereka, mu gihe ibihugu byiganjemo ibya Abarabu byamaganye icyo gitero.

Iki gitero cyagabwe ku wa Gatanu tariki 26 Ukuboza 2025, ubwo Abasiramu bari mu isengesho ryo ku wa Gatanu mu musigiti uri mu mujyi wa Homs mu Gihugu cya Syria.

Nyuma y’icyo gitero, umutwe ukora ibikorwa by’iterabwoba witwa Ansar al-Sunnah, ubinyujije ku rukuta rwa Telegram wigambye ko ariwo wateze igisasu cyaturikiye mu musigiti kigahitana abantu 8 abandi 18 bagakomereka.

Nubwo uwo mutwe wigabye kugaba icyo gitero, Leta ya Syria ntiratangaza abacuze umugambi wo kwica abari bari muri uwo musigiti.

Ibiro ntaramakuru bya Leta ya Syria SANA, byatangaje ko icyo gisasu kimaze guturika, hatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane abihishe inyuma y’ubwo bugizi bwa nabi bwakozwe hagamijwe kuvutsa ubuzima abari bari mu musigiti nkuko byatangajwe na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu.

Guverinoma ya Syria ndetse n’ibindi bihugu byiganjemo ibya Abarabu nka Qatar, Saudi Arabia, Jordania, Liban ndetse ibindi bihugu birimo Ubufaransa na Canada bifatanyije mu kababaro n’ababuze ababo ndetse banamagana icyo gitero cy’iterabwoba.

Iki gitero cy’iterabwoba cyabaye mu gihe muri Syria, hakomeje kuvugwa amakimbirane ashingiye ku bwoko ndetse n’amadini dore ko icyo Gihugu kimaze igihe gihanganye n’intambara zigamije impinduramatwara muri Politike n’imiyoborere.

Umujyi wa Worms urimo umusigiti watezwemo igisasu cyahitanye abawusengeragamo, ni umujyi wa Gatatu mu mijyi minini muri Syria.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

U Budage: Umuforomo yishe abarwayi agamije kwiyorohereza akazi

2 Min Read
Mu mahanga

Tanzania: Igipolisi cyatangiye gusenyera impunzi z’Abarundi mu nkambi

1 Min Read
Mu mahanga

Kinshasa: Abakekwaho ubujura barenga ibihumbi 7 bafunzwe

1 Min Read
Mu mahanga

U Bufaransa: Abantu 10 bakatiwe n’urukiko bazira kwibasira umugore wa Perezida

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?