BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 11, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Sinigeze ndota ko nzurira ibirunga nkabona ingagi n’amaso yange – Camila Cabello 

Sinigeze ndota ko nzurira ibirunga nkabona ingagi n’amaso yange – Camila Cabello 

admin
Last updated: January 3, 2023 11:51 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzikazi wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Camila Cabello yanejejwe n’ubuzima bw’ingagi zo mu Birunga mu karere ka Musanze, ubwo yazisuraga mu biruhuko bisoza umwaka yagiriye mu Rwanda.

Yasabye buri umwe mu kugira uruhare mu buzima bwiza bw’ingagi

Abinyujije ku mbuga ze nkoranyambaga, Camila Cabello yavuze uko yatangajwe n’ubuzima bw’ingagi  nyuma yo kuzisura mu misozi miremire yo mu Rwanda, ashima byimazeyo abagira uruhare mu kubungabunga ibi byiza.

Ati “Sinatekerezaga mu nzozi zange ko umunsi umwe nzatembera imisozi, nkabasha kureba n’amaso Silverback (ingagi y’ikigabo).”

Camila Cabello yashimiye abantu bose bagira uruhare mu kubungabunga ingagi cyane cyane abaturage baturiye Pariki y’Ibirunga.

Ati “Nakunze cyane iki cyanya n’abantu twahahuriye. Warakoze cyane Bigirimana Francois.”

Uyu muhanzikazi ukunzwe n’abatari bake mu Isi, yavuze ko ari umwe mu banyamahirwe ku isi kuba yaragize amahirwe yo gusura Pariki y’Ibirunga akihera ijisho ibyiza bitatse u Rwanda muri rusange.

Camila Cabello mu ruzinduko rwe mu Rwanda yanasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Kigali, akaba yashimye umuhate, kwihangana  n’ubutwari bw’abanyarwanda nyuma y’amateka bagize akomeye.

Yagize ibihe byo gutembera mu Kinigi, aho ahura n’umunyabugeni Harera Credo Boris wanamuhaye impano yo kumushushanya mu gihe gito bamaranye.

Ku wa 31 Ukuboza 2022 nibwo Camila Cabello yasuye ingagi zo mu birunga mu Kinigi mu Karere ka Musanze, mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda mu ibanga kuko rutigeze rumenyekana mbere y’uko we abitangaza.

Camila Cabello yasuye ingagi mu Kinigi
Camila Cabello yahawe impano n’umunyabugeni w’i Musanze

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?