BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 17, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Sinigeze ndota ko nzurira ibirunga nkabona ingagi n’amaso yange – Camila Cabello 

Sinigeze ndota ko nzurira ibirunga nkabona ingagi n’amaso yange – Camila Cabello 

admin
Last updated: January 3, 2023 11:51 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzikazi wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Camila Cabello yanejejwe n’ubuzima bw’ingagi zo mu Birunga mu karere ka Musanze, ubwo yazisuraga mu biruhuko bisoza umwaka yagiriye mu Rwanda.

Yasabye buri umwe mu kugira uruhare mu buzima bwiza bw’ingagi

Abinyujije ku mbuga ze nkoranyambaga, Camila Cabello yavuze uko yatangajwe n’ubuzima bw’ingagi  nyuma yo kuzisura mu misozi miremire yo mu Rwanda, ashima byimazeyo abagira uruhare mu kubungabunga ibi byiza.

Ati “Sinatekerezaga mu nzozi zange ko umunsi umwe nzatembera imisozi, nkabasha kureba n’amaso Silverback (ingagi y’ikigabo).”

Camila Cabello yashimiye abantu bose bagira uruhare mu kubungabunga ingagi cyane cyane abaturage baturiye Pariki y’Ibirunga.

Ati “Nakunze cyane iki cyanya n’abantu twahahuriye. Warakoze cyane Bigirimana Francois.”

Uyu muhanzikazi ukunzwe n’abatari bake mu Isi, yavuze ko ari umwe mu banyamahirwe ku isi kuba yaragize amahirwe yo gusura Pariki y’Ibirunga akihera ijisho ibyiza bitatse u Rwanda muri rusange.

Camila Cabello mu ruzinduko rwe mu Rwanda yanasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Kigali, akaba yashimye umuhate, kwihangana  n’ubutwari bw’abanyarwanda nyuma y’amateka bagize akomeye.

Yagize ibihe byo gutembera mu Kinigi, aho ahura n’umunyabugeni Harera Credo Boris wanamuhaye impano yo kumushushanya mu gihe gito bamaranye.

Ku wa 31 Ukuboza 2022 nibwo Camila Cabello yasuye ingagi zo mu birunga mu Kinigi mu Karere ka Musanze, mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda mu ibanga kuko rutigeze rumenyekana mbere y’uko we abitangaza.

Camila Cabello yasuye ingagi mu Kinigi
Camila Cabello yahawe impano n’umunyabugeni w’i Musanze

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Santarafurika: Amb Kayumba yagiranye ibiganiro n’aba ofisiye ba RCS

Ambasaderi w’u Rwanda muri Santarafurika, Olivier Kayumba, yagiranye ibiganiro n’ Abakozi b’Urwego…

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagurutse iri…

Agakoriro ka Gisozi kagiye kwimurirwa mu cyanya cy’inganda i Masoro

Umujyi wa Kigali watangaje ko ibikorwa by’ububaji n’ibindibyakoreraga mu Gakiriro ka Gisozi…

Min Olivier Nduhungirehe Nduhungirehe yaganiriye na mugenzi we waTurkmenistan  

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwwrerane w'u Rwanda Olivier Nduhungirehe yagiranye ikiganiro kuri Telefone…

U Rwanda ruritegura kwakira inama ikomeye ya OIF

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Imyidagaduro

Nicki Minaj yasabye Jay-Z kumwishyura arenga miliyoni 100

2 Min Read
Imyidagaduro

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yibarutse ubuheta

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?