BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Shaddy Boo yateguye ijoro ry’igitaramo cyo gusabana na Diamond mu Kabari

Shaddy Boo yateguye ijoro ry’igitaramo cyo gusabana na Diamond mu Kabari

admin
Last updated: December 21, 2022 3:48 pm
admin
Share
SHARE

Shaddy Boo wagiye avugwa mu rukundo n’umuhanzi Diamond Platnumz yateguye igitaramo cyo kwakira iki cyamamare mu karere gitegerejwe mu Rwanda mu mpera z’iki cyumweru. Biravugwa azishyurwa Miliyoni 10 kugirango abashe kuza gusabana n’abantu bazaba baje muri ibyo birori bizayoborwa na Shaddy Boo mu kabari.

Diamond avuga ko Shaddy Boo ari nka mushiki we

Diamond ategerejwe mu Rwanda mu gitaramo kiswe ‘One People Concert’ cyo kwinjiza abantu mu minsi mikuru, kizaba taliki ya 23 Ukuboza 2022. Cyateguwe na East Gold Entertainment ifatanyije na Skol Rwanda.

Uretse izi Companyi zateguye iki gitaramo n’abandi ku ruhande bagiye basohora amafoto yerekana ko bazakorana n’icyi cyamamare.

Muri abo harimo n’umunyamideli Shaddy Boo watangaje ko nyuma ya ‘One People Concert’ azayobora ikindi gitaramo yatumiyemo uyu muhanzi ubwo hazaba hafungurwa akabari gashya muri Remera.

Muri ibyo birori Shaddy Boo azaba ayoboye bagaragaza ko Diamond ariwe uzaba ari umushyitsi mukuru.

Mu bandi bazifatanya nawe harimo umuhanzi Dj Pius uzaba ari kuvanga imiziki afatanyije na Dj Karet.

Amakuru agera ku UMUSEKE avuga ko umuyobozi w’ako kabari gashya yasabye Diamond kuhagera akifatanya nabo mu kugafungura ubundi nawe akamwishyura amafaranga agera kuri Miliyoni 10.

Muri Kanama 2019 ubwo Diamond yazaga mu Rwanda yabajijwe iby’umubano we na Shaddy Boo.

Yasubije ati: “Ni nka mushiki wanjye, kimwe n’abandi bashiki banjye bo mu Rwanda, namumenye biciye kuri ‘manager’ we, yigeze gutumirwa mu birori bimwe hariya iwacu, ni uko muzi gusa”.

Uyu muhanzi w’icyamamare muri Afurika by’umwihariko mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Diamond Platnumz yaherukaga gutaramira Abanyakigali mu mwaka wa 2019, ubwo yitabiraga isozwa ry’ibitaramo bya ‘Iwacu na Muzika Festival’.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Imyidagaduro

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?