BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rwanda FDA yakuye ku isoko umuti wa Ketoconazole w’ibinini

Rwanda FDA yakuye ku isoko umuti wa Ketoconazole w’ibinini

admin
Last updated: December 15, 2022 4:15 pm
admin
Share
SHARE

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda (FDA), cyatangaje ko cyakuye ku isoko ry’uRwanda umuti wa Ketoconazole w’ibinini nyuma yo gusanga utujuje ubuziranenge,ufite ingaruka zangiza umwijima cyane.

Ketoconazole by’ibinini bykuwe ku isoko

Mu itangazo iki kigo cyashyize hanze  rivuga ko “hashingiwe ku mabwiriza no CBD/TR/016 agenga ikurikiranwa ry’ingaruka z’imiti n’ibikoresho byo mu buvuzi cyane mu ngingo yayo ya 26.”

Rwanda FDA ivuga ko nyuma yo gusesengura amakuru ku ngaruka  z’umuti Ketocozole y’ibinini mu gihugu  ndetse no ku rwego mpuzamahanga,komite ngishwanama  mu bijyanye no gukurikirana ingaruka z’imiti(National pharmacy Advisory committee) yemeje uyu muti ko  ufite ingaruka zangiza umwijima ziremereye cyane kurusha ibyiza uyu muti utanga mu kuvura indwara ziterwa n’udukoko (fungal infections).

RFDA yatangaje ko “ hashingiwe ku myanzuro  ya komite ngishwanama ,no ku kuba  hari indi miti yavura nkawo iri ku isoko ry’uRwanda yo idafite ingaruka ziremereye ,Rwanda FDAikuye ku isoko ibinini bya Ketoconazole  mu bwoko bwayo bwose.”

RFDA yasabye abinjiza imiti  bose mu gihugu ,abayiranguza, abayidandaza,ibigo by’ubuvuzi bya leta n’iby’igenga guhagarika itangwa ry’ibyo binini ndetse no gusubiza  aho byaguriwe kugira ngo hakurikizwe amategeko ateganya.

Rwanda FDA yasaye abinjiza n’abagurisha uyu muti gutanga raporo kuri Rwanda FDA ,igaragaza ingano y’imiti yinjijwe  mu gihugu ,iyatanzwe,iyagaruwe n’ingano yose y’isigaye mu bubiko nyuma yo kwakira iyagaruwe mu gihe kitarenze iminsi 15 kuva igihe umuti wakuriwe ku isoko.

Iki kigo cyavuze ko mu rwego rwo kwirinda igihombo, abinjije imiti, basabwe gushyiraho uburyo bwo gusubiza abayibaguriye .

Ni mu gihe abaganga n’abahanga mu by’imiti nabo bibukijwe ko bagomba guhagarika kwandikira abarwayi uyu muti, bagakoresha indi miti ivura kimwe.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Fanuel Buregea says:
    December 16, 2022 at 8:22 am

    Ko twari tuwukoresheje igihe kirekire ubu ntabwo mwibutse kudutabara karabaye ?

    Reply

Leave a Reply to Fanuel Buregea Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?