BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Rutangarwamaboko yahanuye Pamella umugore wa The Ben

Rutangarwamaboko yahanuye Pamella umugore wa The Ben

admin
Last updated: December 31, 2025 10:50 am
admin
Share
SHARE

Nzayisenga Modeste uzwi nk’Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore wa The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza umukondo, amubwira ko iki gice cy’umubiri ari “ipfundo ry’igitereko cy’ubuzima butazima.”

Nyuma yo gusakazwa kw’iyo foto, abantu batandukanye bagaragaje ibitekerezo bitandukanye, bamwe bavuga ko ari imyambarire isanzwe mu birori by’imyidagaduro, mu gihe abandi bagaragaje ko idahuje n’indangagaciro z’umuco nyarwanda.

Mu bagize icyo babivugaho harimo Muganga Rutangarwamaboko, wanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ko atishimiye iyo myambarire.

Mu magambo ye, Rutangarwamaboko yavuze ko nubwo imyidagaduro itagomba kuvangwamo na politiki, hakwiye kubaho kwigengesera ku myitwarire n’imyambarire by’umwihariko ku bantu bazwi cyane.

Yagize ati: “ariko kirazira mu muco wacu nta mugore wo gushyira umukondo ku karubanda.”

Rutangarwamaboko ahanuye Uwicyeza Pamella nyuma y’umwaka n’ubundi amuhanuye we n’umugabo we The Ben, nyuma yuko mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize bashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘True Love’ yagaragayemo amashusho yerekana Pamella agaragaza inda akuriwe.

Icyo gihe, Rutangarwamaboko, yari yagize ati “Duhane duhanure kandi duhonore Benimana bahonoke: Utwite aratwikira ntatwika ngo yimanukire ejo kuzamuka byamugora amagarukirane muri rwa ruziga rw’ubuzima butazima.”

Yari yakomeje agira ati “Inda y’umubyeyi irubahwa ikubahirizwa ntiyanikwa ku gasozi kayiha nde n’u Rwanda ni inda. Muzibeho mwo gatsindwa mwe!”

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

IShowSpeed yageze mu Rwanda mu ibanga rikomeye

2 Min Read
Imyidagaduro

Dr Claude yabitswe ari muzima

1 Min Read
Imyidagaduro

Umunyamakuru wa Radio/TV 10 Taikun Ndahiro yafunguwe

2 Min Read
Imyidagaduro

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?