BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Rutangarwamaboko yahanuye Pamella umugore wa The Ben

Rutangarwamaboko yahanuye Pamella umugore wa The Ben

admin
Last updated: December 31, 2025 10:50 am
admin
Share
SHARE

Nzayisenga Modeste uzwi nk’Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore wa The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza umukondo, amubwira ko iki gice cy’umubiri ari “ipfundo ry’igitereko cy’ubuzima butazima.”

Nyuma yo gusakazwa kw’iyo foto, abantu batandukanye bagaragaje ibitekerezo bitandukanye, bamwe bavuga ko ari imyambarire isanzwe mu birori by’imyidagaduro, mu gihe abandi bagaragaje ko idahuje n’indangagaciro z’umuco nyarwanda.

Mu bagize icyo babivugaho harimo Muganga Rutangarwamaboko, wanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ko atishimiye iyo myambarire.

Mu magambo ye, Rutangarwamaboko yavuze ko nubwo imyidagaduro itagomba kuvangwamo na politiki, hakwiye kubaho kwigengesera ku myitwarire n’imyambarire by’umwihariko ku bantu bazwi cyane.

Yagize ati: “ariko kirazira mu muco wacu nta mugore wo gushyira umukondo ku karubanda.”

Rutangarwamaboko ahanuye Uwicyeza Pamella nyuma y’umwaka n’ubundi amuhanuye we n’umugabo we The Ben, nyuma yuko mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize bashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘True Love’ yagaragayemo amashusho yerekana Pamella agaragaza inda akuriwe.

Icyo gihe, Rutangarwamaboko, yari yagize ati “Duhane duhanure kandi duhonore Benimana bahonoke: Utwite aratwikira ntatwika ngo yimanukire ejo kuzamuka byamugora amagarukirane muri rwa ruziga rw’ubuzima butazima.”

Yari yakomeje agira ati “Inda y’umubyeyi irubahwa ikubahirizwa ntiyanikwa ku gasozi kayiha nde n’u Rwanda ni inda. Muzibeho mwo gatsindwa mwe!”

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Imyidagaduro

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?